IYOBOKAMANA

Papa Francis yatakambiye mu nama ya G7

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis yatakambiye abayobozi ba G7 n’abandi batumirwa babo kwita no gushyira imbere icyubahiro cya kiremwa muntu mw’ikoranabuhanga ry’ubwenge karemano (Artificial Intelligence mu Cyongereza, cyangwa Intelligence Artificielle mu Gifaransa).

Yasobanuye ko rishobora guhindura ubusa busa umubano hagati y’abantu. Ati: “Ibyemezo ntibikwiye gufatwa n’imashini. Tureke abantu bakomeze bifatire ibyemezo ubwabo.”

Nyuma yo kuvuga ijambo rye, Papa Fransisiko yagiye kuganira by’umwihariko n’abayobozi icumi bari mu nama, umwe ukwe undi ukwe.

Aba ni ba Perezida Joe Biden wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Volodymir Zelensky wa Ukraine, Emmanuel Macron w’Ubufaransa, Luiz Ignacio Lula da Silva wa Brezil, Recep Tayyip Erdogan wa Turkiya, William Ruto wa Kenya, Abdelmadjid Tebboune wa Alijeriya, na ba minisitiri b’intebe Narendra Modi w’Ubuhinde na Justin Trudeau wa Canada, na perezida w’Ikigega mpuzamahanga cy’imari Kristalina Georgieva.

Mu byo baganiriyeho harimo intambara zo muri Ukraine no mu ntara ya Gaza muri Palestina.

Hagati aho, abayobozi ba G7 batangije umugambi mugari wo kurwanya inzara, ibura ry’ibiribwa n’imirire mibi kw’isi.

Uyu mugambi uzashyira ingufu cyane cyane mu bihugu bikennye n’imishinga muri Afurika. Bizajyana no kubigabanyiriza cyangwa kubisonera amadeni.

Bwa mbere na mbere mu mateka yayo, kuva yashingwa mu 1973,G7 yakiriye umushyitsi w’imena, umushumba wa kiliziya gatorika y’isi yose.

Christian

Recent Posts

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 hours ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

4 hours ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

21 hours ago

U Burundi bwavuze ko ntaho buhuriye n’igitero cyagabwe i Bukavu

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…

1 day ago

Umutoza Jose Mourinho yahawe ibihano

José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…

1 day ago

Agezweho: Inama yariteraniye i Bukavu haturikiye igisasu, Bisimwa atangaza ababyihishe inyuma

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…

2 days ago