INKURU ZIDASANZWE

Umukandida Paul Kagame yabwiye abaturage ba Nyamasheke ko u Rwanda ayoboye atazigera yemera ko ruterwa n’ubwo ari ruto

Kuri uyu wa gatandatu tariki 29 Kamena 2024, umukandida wa FPR Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’igihugu, Paul Kagame ubwo yiyamamarizaga mu Karere ka Nyamasheke yabwiye abaturage ba Nyamasheke ko u Rwanda ayoboye atazigera yemera ko ruterwa ahubwo ko intambara z’abashaka gutera u Rwanda azazirwanira aho bafite ibihugu binini.

Advertisements

Paul Kagame uri kwiyamamaza ariko akaba na Perezida wa Repubulika yashimiye abaturage ba Nyamasheke uburyo bitwaye mu mwaka wa 2019.

Muri uyu mwaka ngo abantu bashatse gutera u Rwanda bavuga ko bazanyura i Nyamasheke. Aba bateye u Rwanda ngo bari babwiwe ko i Nyamasheke hari abaturage badakunda ubutegetsi buriho ndetse ngo bumvaga nibaza bazakirwa neza. Perezida Kagame ati “abasigaye muri bo bazabara inkuru“.

Umukuru w’igihugu kandi yagarutse ku byavuzwe n’abayobozi b’ibihugu bituranyi birimo uwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo n’uw’uburundi. Aba bombi bavuze ko bazafasha abanyarwanda guhirika ubutegetsi buriho. Kuri Perezida Kagame u Rwanda si igihugu gifite umwanya wo kurwaniramo.

Perezida Kagame yagize ati “Ariko nabababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano. Kuko bivuze ngo ubwo tugiye kurwanira iwacu tuhangize Oyaaa. Tuzabasanga Aho igihugu ari kinini Kandi sibo Imana yahaye amahirwe yo kuba banini, ubwo rero ubuto bwacu turaburinda noneho tukajya mu binini tukaborangirizayo”.

Perezida Kagame wemeza ko umutekano ariwo ubuzima bwose bw’igihugu bwubakiraho yongeye kwibutsa abanyarwanda ko uburenganzira bwo kwirinda babufite. Ati “Ntawe dusaba uruhushya rwo kurinda u Rwanda oyaa turirinda. Abo rero bahiga gutera u Rwanda cyangwa babigerageje nashatse nabibutsa ngo bacishe macye.”

Ubwo yiyamamarizaga kuyobora Kongo mu 2023 Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo Antoine Felix Tshisekedi yavuze ko ashobora kurasa I Kigali ngo atavuye muri Kongo. Uretse uyu kandi Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye nawe yumvikanye avugira I Kinshasa ko azafasha abanyarwanda kwibohora ubutegetsi bwa Perezida Kagame.

Mu mwaka wa 2018 abarwanyi b’umutwe wa FLN bagabye ibitero mu Rwanda baturutse mu bihugu bya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo binjirira i Nyamasheke abandi nabo bagabye ibitero baturutse I Burundi binjirira muri Nyungwe. Bamwe muri aba baguye muri ibi bitero abandi batawe muri yombi bagezwa mu nkiko zo mu Rwanda.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago