IMIKINO

Mupenzi Eto’o n’abo bafatanyije bavuzweho kuroga ikipe ya Kiyovu Sports barekuwe

Mupenzi Eto’o yafunganwe na bagenzi be babiri bakoranaga muri APR FC aho bakekwagaho icyaha cyo gucura umugambi wo guha abakinnyi ba Kiyovu Sports ibintu bishobora kubica cyangwa gushegesha ubuzima bwabo bafunguwe.

Advertisements

Abafunzwe icyo gihe ni Maj Jean Paul Uwanyirimpuhwe wari Team Manager, Maj Dr Erneste Nahayo wari Umuganga w’Ikipe; Mupenzi Eto’o wari ushinzwe Igura n’Igurisha ry’Abakinnyi muri APR FC n’undi muturage witwa Bizimana Bilali.

Nyuma y’uko aba baburanye baje gusabirwa gufungwa imyaka itatu no gutanga amande y’ibihumbi 500 Frw.

Iburanisha ryabaye muri Nzeri 2023 gusa amakuru yagiye hanze mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 5 Nyakanga yemeza ko Mupenzi Eto’o n’abo bafatanyije kuroga Kiyovu Sports bamaze gufungwarwa.

Ni amakuru atari yemezwa n’Urwego rwa Leta nk’uko gufungwa kwabo byagenze.

Urubanza aba bose baregwagamo rwaburanishirijwe mu rukino rwa Gisirikare ndetse n’Ubushinjacyaha bwari ubwa Gisirikare.

Turacyari kugerageza kuvugisha ba nyirubwite, byinshi kuri aya makuru y’irekurwa ry’ aba bagabo murabimenya mu nkuru zacu zitaha.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago