Mupenzi Eto’o yafunganwe na bagenzi be babiri bakoranaga muri APR FC aho bakekwagaho icyaha cyo gucura umugambi wo guha abakinnyi ba Kiyovu Sports ibintu bishobora kubica cyangwa gushegesha ubuzima bwabo bafunguwe.
Abafunzwe icyo gihe ni Maj Jean Paul Uwanyirimpuhwe wari Team Manager, Maj Dr Erneste Nahayo wari Umuganga w’Ikipe; Mupenzi Eto’o wari ushinzwe Igura n’Igurisha ry’Abakinnyi muri APR FC n’undi muturage witwa Bizimana Bilali.
Nyuma y’uko aba baburanye baje gusabirwa gufungwa imyaka itatu no gutanga amande y’ibihumbi 500 Frw.
Iburanisha ryabaye muri Nzeri 2023 gusa amakuru yagiye hanze mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 5 Nyakanga yemeza ko Mupenzi Eto’o n’abo bafatanyije kuroga Kiyovu Sports bamaze gufungwarwa.
Ni amakuru atari yemezwa n’Urwego rwa Leta nk’uko gufungwa kwabo byagenze.
Urubanza aba bose baregwagamo rwaburanishirijwe mu rukino rwa Gisirikare ndetse n’Ubushinjacyaha bwari ubwa Gisirikare.
Turacyari kugerageza kuvugisha ba nyirubwite, byinshi kuri aya makuru y’irekurwa ry’ aba bagabo murabimenya mu nkuru zacu zitaha.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…