POLITIKE

Abavugwaho gushaka kujyana abantu mu gisirikare cya M23 barimo n’Abanyarwanda bafatiwe i Goma

Itsinda ry’abantu bagera kuri 15 bageragezaga gutwara abantu mu gisirikare cya M23 berekanwe mu Mujyi wa Goma kuwa gatandatu w’icyumweru gushize, mu gikorwa gisanzwe gikorwa buri cyumweru cyiswe ‘Safisha Mjii wa Goma’ (Gusukura Umujyi wa Goma).

Aba berekanwe bahise batabwa muri yombi.

Umuyobozi w’umujyi wa Goma (Kivu y’Amajyaruguru), Superitendent Faustin Kapend Kamand, yatangaje ko muri abo bafashwe harimo abantu 8 bakurikiranweho gushaka abantu bajya mu mutwe w’inyeshyamba za M23.

Itsinda ryabo ngo ryavumbuwe kandi rinafatwa n’inzego z’ubutasi zo mu karere ka 34 ka gisirikare muri Kivu ya Ruguru.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru yanditse ko mu bafashwe harimo umusirikare wo muri brigade ya 11, Abanyarwanda bari mu gihugu mu buryo butemewe, abacuruza ibiyobyabwenge n’urubyiruko bafatiwe mu duce dutandukanye twa Goma, no muri Teritwari ya Nyiragongo.

Superitendent Faustin Kapend Kamand avuga ko aba bantu bafashwe bakomoka mu karere k’umwanzi kandi bari batangiye gushakira umutwe wa M23 abarwanyi rwihishwa. Umusirikare wa brigade ya 11 we akurikiranyweho gukwirakwiza amasasu mu gihe cy’intambara.

Kamand yemeje ko muri Teritwari ya Nyiragongo ariho amabandi yose ajya gukorera mu mujyi yihisha, ari naho bategurira ubujura, n’ibindi byaha.

“Urubyiruko, bamwe bo muri Nyiragongo abandi bo mu gace ka Majengo, Kasika na Katoy, bemeje ko ari bo bambuye intwaro umupolisi, igihe yari kuri bariyeri yo mu muhanda, hashize icyumweru”, ibi byatangajwe n’uyu muyobozi wongeyeho ko ubutasi bw’akarere ka 34 ka gisirikare bwamaze kwimurira abandi bagizi ba nabi i Kinshasa.

Ni iki gikorwa cyakozwe rwihishwa kugira ngo abo abategetsi ba RDC bita abacengezi batabimenya.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

15 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

17 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

17 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago