IMIKINO

Umutoza wa Kiyovu Sports yashinje abakinnyi be ubunebwe

Umutoza mukuru wa Kiyovu Sports Bimfubusa Josilin yavuze ko ahangayikishijwe n’uko abakinnyi be bafite imbaraga nke z’umubiri ibintu bishobora ku mugoroba mu mikino ya Shampiyona itaha.

Nyuma yo gutsinda ikipe AS Kigali ibitego 2-1 mu mukino ubanza wa Shampiyona y’u Rwanda 2024-25 kuri Kigali Pele Stadium, umutoza wa Kiyovu Sports, Bipfubusa afite impungenge zabakinnyi badafite imbaraga zihagije.

Uyu mutoza ukomoka mu Burundi yavuze ko benshi mu bakinnyi be batameze neza ku bijyanye nimbaraga z’umubiri.

Abakinnyi nka Ernest Sugira, Cédric Amissi, Jospin Nshimirimana, ni bamwe mu bakinnyi binjiye muri Kiyovu Sports mu gihe cy’isoko ry’igura n’igurisha ndetse bakaba bamwe mubafite ibibazo byo kongera imbaraga z’umubiri.

Umutoza wa Kiyovu Sports yagize icyo avuga .

Yagize ati “Twabonye amanota atatu ku mukino ubanza ariko mvugishije ukuri, hari abakinnyi bamwe nabamwe bakeneye kungera imyitozo kandi tuzakomeza kubafasha bajye ku rwego rwiza”.

Mu rwego rwo kongera imbaraga z’abakinnyi ba Kiyovu Sports umutoza Bipfubusa, yajyanye abakinnyi be mu Karere ka Ngoma aho bazakorera imyitozo bitegura imikino izakurikiraho ya Shampiyona nyuma y’imikino ibiri y’Ikipe y’Igihugu.

Mu mikino ya Shampiyona, Kiyovu Sports izagaruka ikina na Police FC kuri Kigali Pele Stadium tariki 26 Nzeri 2024.

Christian

Recent Posts

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 minutes ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

39 minutes ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

3 days ago

U Burundi bwavuze ko ntaho buhuriye n’igitero cyagabwe i Bukavu

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…

3 days ago