Umutoza mukuru wa Kiyovu Sports Bimfubusa Josilin yavuze ko ahangayikishijwe n’uko abakinnyi be bafite imbaraga nke z’umubiri ibintu bishobora ku mugoroba mu mikino ya Shampiyona itaha.
Nyuma yo gutsinda ikipe AS Kigali ibitego 2-1 mu mukino ubanza wa Shampiyona y’u Rwanda 2024-25 kuri Kigali Pele Stadium, umutoza wa Kiyovu Sports, Bipfubusa afite impungenge zabakinnyi badafite imbaraga zihagije.
Uyu mutoza ukomoka mu Burundi yavuze ko benshi mu bakinnyi be batameze neza ku bijyanye nimbaraga z’umubiri.
Abakinnyi nka Ernest Sugira, Cédric Amissi, Jospin Nshimirimana, ni bamwe mu bakinnyi binjiye muri Kiyovu Sports mu gihe cy’isoko ry’igura n’igurisha ndetse bakaba bamwe mubafite ibibazo byo kongera imbaraga z’umubiri.
Umutoza wa Kiyovu Sports yagize icyo avuga .
Yagize ati “Twabonye amanota atatu ku mukino ubanza ariko mvugishije ukuri, hari abakinnyi bamwe nabamwe bakeneye kungera imyitozo kandi tuzakomeza kubafasha bajye ku rwego rwiza”.
Mu rwego rwo kongera imbaraga z’abakinnyi ba Kiyovu Sports umutoza Bipfubusa, yajyanye abakinnyi be mu Karere ka Ngoma aho bazakorera imyitozo bitegura imikino izakurikiraho ya Shampiyona nyuma y’imikino ibiri y’Ikipe y’Igihugu.
Mu mikino ya Shampiyona, Kiyovu Sports izagaruka ikina na Police FC kuri Kigali Pele Stadium tariki 26 Nzeri 2024.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…
Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…
Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…