IMYIDAGADURO

Umuhanzi Diamond Platnumz yinjiye mu kibazo gikomeye cya P. Diddy

Umuhanzi Diamond Platnumz ukomoka muri Tanzania akomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangaza ko yitabiriye ibirori byategurwaga na P. Diddy byakorerwagamo ibikorwa bivugwa ko ari iby’ubusambanyi byanatumye afungwa.

Mu mashuhso akomeje kuvugisha benshi, Diamond avuga ko ubwo yari yitabiriye ibihembo bya BET muri Amerika, yahuye na Sean Diddy Combs banajyana muri imwe mu nzu ye mu masaha y’ijoro areba ibyahakorerwaga.

Yavuze ko ibyahakorerwaga ari ibintu by’ibanga kuko ngo ntawari wemerewe kubishyira ku karubanda.

Yashimangiye ubwo yari agihura na P. Diddy yamwakiranye urugwiro amubwira ko asanzwe akurikira umuziki wo muri Tanzania, ndetse ngo mu minsi mike mbere y’uko yerekeza muri Amerika, uyu muraperi yari yatangiye kumukurikira kuri Instagram.

Ati ”Twagiye mu nzu ya Diddy. Twariyo kandi twarahagumye. Hari ibintu byinshi byahaberaga, ariko nta muntu wari wemerewe kubipostinga, kubera ko ari ibintu byabaga mu ibanga.

Twakoze ibintu byinshi. Icyo gihe byari nyuma y’ibihembo bya BET. Yari yaratangiye kunkurikira kuri Instagram mbere y’uko nerekeza muri Amerika.”

P. Diddy yatawe muri yombi ku wa 16 Nzeri 2024, aho byemezwa ko yateguraga ibirori abantu bagakoreramo ibikorwa by’ubusambanyi abagiyemo akabafata amashusho akazayabakangisha agira ibyo abasaba.

Christian

Recent Posts

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

1 hour ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

22 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

22 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

22 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

23 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago