IMYIDAGADURO

Umuhanzi Diamond Platnumz yinjiye mu kibazo gikomeye cya P. Diddy

Umuhanzi Diamond Platnumz ukomoka muri Tanzania akomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangaza ko yitabiriye ibirori byategurwaga na P. Diddy byakorerwagamo ibikorwa bivugwa ko ari iby’ubusambanyi byanatumye afungwa.

Mu mashuhso akomeje kuvugisha benshi, Diamond avuga ko ubwo yari yitabiriye ibihembo bya BET muri Amerika, yahuye na Sean Diddy Combs banajyana muri imwe mu nzu ye mu masaha y’ijoro areba ibyahakorerwaga.

Yavuze ko ibyahakorerwaga ari ibintu by’ibanga kuko ngo ntawari wemerewe kubishyira ku karubanda.

Yashimangiye ubwo yari agihura na P. Diddy yamwakiranye urugwiro amubwira ko asanzwe akurikira umuziki wo muri Tanzania, ndetse ngo mu minsi mike mbere y’uko yerekeza muri Amerika, uyu muraperi yari yatangiye kumukurikira kuri Instagram.

Ati ”Twagiye mu nzu ya Diddy. Twariyo kandi twarahagumye. Hari ibintu byinshi byahaberaga, ariko nta muntu wari wemerewe kubipostinga, kubera ko ari ibintu byabaga mu ibanga.

Twakoze ibintu byinshi. Icyo gihe byari nyuma y’ibihembo bya BET. Yari yaratangiye kunkurikira kuri Instagram mbere y’uko nerekeza muri Amerika.”

P. Diddy yatawe muri yombi ku wa 16 Nzeri 2024, aho byemezwa ko yateguraga ibirori abantu bagakoreramo ibikorwa by’ubusambanyi abagiyemo akabafata amashusho akazayabakangisha agira ibyo abasaba.

Christian

Recent Posts

Muhanga: Abaturage basogongejwe ku binyobwa bya Kasesa ubundi barabyina karahava

Ubwo uruganda rukora inzoga Kasesa Distillers & Distributors ltd bageraga i Muhanga bakiranywe yombi, maze…

3 hours ago

Kanye West yashinjwe gushaka kurya umwana na Nyina

Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…

2 days ago

REG WBBC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024, itsinze APR WBBC idakozemo-AMAFOTO

Ikipe ya REG WBBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball y’Abagore nyuma yo gutsinda APR…

4 days ago

Musengamana Béatha waririmbye ‘Azabatsinda Kagame’ yahawe inzu ihenze i Kamonyi (Amafoto)

Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda’ yifashishijwe cyane mu kwamamaza Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi…

5 days ago

Goma: Abaherutse kugwa mu mpanuka y’ubwato bashyinguwe mu marira

Imibiri y’abaherutse guhitanwa n’impanuka y’ubwato mu kiyaga cya Kivu yashyinguwe kuri uyu kane mu mujyi…

6 days ago

REG WBBC isigaje umukino umwe ikegukana igikombe cya shampiyona umwaka 2024

REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 82-66, ibona intsinzi ya gatatu mu mikino ya nyuma…

6 days ago