Umuhanzi Diamond Platnumz ukomoka muri Tanzania akomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangaza ko yitabiriye ibirori byategurwaga na P. Diddy byakorerwagamo ibikorwa bivugwa ko ari iby’ubusambanyi byanatumye afungwa.
Mu mashuhso akomeje kuvugisha benshi, Diamond avuga ko ubwo yari yitabiriye ibihembo bya BET muri Amerika, yahuye na Sean Diddy Combs banajyana muri imwe mu nzu ye mu masaha y’ijoro areba ibyahakorerwaga.
Yavuze ko ibyahakorerwaga ari ibintu by’ibanga kuko ngo ntawari wemerewe kubishyira ku karubanda.
Yashimangiye ubwo yari agihura na P. Diddy yamwakiranye urugwiro amubwira ko asanzwe akurikira umuziki wo muri Tanzania, ndetse ngo mu minsi mike mbere y’uko yerekeza muri Amerika, uyu muraperi yari yatangiye kumukurikira kuri Instagram.
Ati ”Twagiye mu nzu ya Diddy. Twariyo kandi twarahagumye. Hari ibintu byinshi byahaberaga, ariko nta muntu wari wemerewe kubipostinga, kubera ko ari ibintu byabaga mu ibanga.
Twakoze ibintu byinshi. Icyo gihe byari nyuma y’ibihembo bya BET. Yari yaratangiye kunkurikira kuri Instagram mbere y’uko nerekeza muri Amerika.”
P. Diddy yatawe muri yombi ku wa 16 Nzeri 2024, aho byemezwa ko yateguraga ibirori abantu bagakoreramo ibikorwa by’ubusambanyi abagiyemo akabafata amashusho akazayabakangisha agira ibyo abasaba.
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…