IMIKINO

Umusifuzi yahagaritswe nyuma yo gukangisha umukinnyi ko azamwica

Umusifuzi umaze igihe kinini asifura igikombe cya UEFA Champions League yahagaritswe ku mugabane w’Uburayi kubera gukekwaho kwica umukinnyi.

Umusifuzi w’Umutaliyani, Fabio Maresca yashinjwe kuba yarateye iterabwoba mu kibuga umukinnyi ukina mu cyiciro cya mbere muri Koweti, Khaled Al Murshed mu mukino wabaga ku wa gatanu.

Al Murshed yavuze ko Maresca ubwo bari mu kibuga yagize ati “Tuzabonana ubutaha, nzakwica”

Ni mugihe undi mukinnyi nawe yemera ko uyu muyobozi mu kibuga yavuze gutyo gusa agira ati “Tuzabonana ubutaha’ nta yandi magambo yavuzwe, nk’uko Corriere Della Sera yabitangaje.

Nyuma Maresca yakuwe ku kuba umuyobozi wa kane mu mukino wa Champions League wo ku wa kabiri wahuje PSV na Sporting Lisbon, warangiye ari 1-1.

Maresca kandi yahagaritswe gusifura shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Butaliyani Serie A mugihe cy’ukwezi kumwe 

Icyakora, asa naho yiteguye kwirinda ibihano mu gihugu yashinjwemo nyuma yo gushimangira ko ari byari urwenya. 

Uyu mugabo w’umusifuzi w’imyaka 43 yatangiye kwitabira gusifura nk’uwabigize umwuga shampiyona y’Ubutaliyani mu 2011, ndetse yitabira gusifura amarushanwa y’i Burayi kuva mu 2018. 

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

15 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago