Umusifuzi umaze igihe kinini asifura igikombe cya UEFA Champions League yahagaritswe ku mugabane w’Uburayi kubera gukekwaho kwica umukinnyi.
Umusifuzi w’Umutaliyani, Fabio Maresca yashinjwe kuba yarateye iterabwoba mu kibuga umukinnyi ukina mu cyiciro cya mbere muri Koweti, Khaled Al Murshed mu mukino wabaga ku wa gatanu.
Al Murshed yavuze ko Maresca ubwo bari mu kibuga yagize ati “Tuzabonana ubutaha, nzakwica”
Ni mugihe undi mukinnyi nawe yemera ko uyu muyobozi mu kibuga yavuze gutyo gusa agira ati “Tuzabonana ubutaha’ nta yandi magambo yavuzwe, nk’uko Corriere Della Sera yabitangaje.
Nyuma Maresca yakuwe ku kuba umuyobozi wa kane mu mukino wa Champions League wo ku wa kabiri wahuje PSV na Sporting Lisbon, warangiye ari 1-1.
Maresca kandi yahagaritswe gusifura shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Butaliyani Serie A mugihe cy’ukwezi kumwe
Icyakora, asa naho yiteguye kwirinda ibihano mu gihugu yashinjwemo nyuma yo gushimangira ko ari byari urwenya.
Uyu mugabo w’umusifuzi w’imyaka 43 yatangiye kwitabira gusifura nk’uwabigize umwuga shampiyona y’Ubutaliyani mu 2011, ndetse yitabira gusifura amarushanwa y’i Burayi kuva mu 2018.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…