MU MAHANGA

M23 yafashe Umujyi wa Walikale itarwanye

Umutwe wa M23 waraye ufashe agace ka Centre ya Walikale, uyirukanyemo ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Advertisements

Kuwa Gatatu, umutwe wa M23 wari wiriwe urwanira mu nkengero z’uyu mujyi n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa, gusa amakuru yemeza ko M23 yaje gufata uwo Mujyi nta mirwano ibayeho.

Kuri ubu byitezwe ko nyuma ya Walikale, M23 ishobora kurwana yerekeza mu mujyi wa Kisangani Ingabo za Leta ya Congo zikomeje gukoresha zigaba ibitero ku birindiro byayo, cyangwa uwa Kindu wo mu ntara ya Maniema.

Walikale-Centre yafashwe nyuma y’amasaha make i Doha muri Qatar habereye umuhuro wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda.

Aba bombi bahuye bigizwemo uruhare n’Umuyobozi w’ikirenga wa Qatar wasabye ko habaho agahenge hagati y’impande zihanganye.

Iriya Centre nanone yafashwe nyuma y’amasaha make ibiganiro byagombaga guhuza M23 na Leta ya Kinshasa bipfubye, kubera ibihano Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wafatiye inyeshyamba ku wa Mbere w’iki cyumweru.

M23 ikomeje gufata ibice byinshi muri RD Congo

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago