INKURU ZIDASANZWE

Tshisekedi yagabanyirije ibihano abanyamerika bari bahamijwe no gushaka guhirika ubutegetsi bwe

Umukuru w’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Félix Tshisekedi, yategetse ko Abanyamerika bakatiwe urwo gupfa nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kugerageza kumukorera coup d’état bagabanyirizwa ibihano.

Advertisements

Ku wa 25 Mutarama uyu mwaka ni bwo Urukiko rwa Gisirikare muri Congo rwari rwakatiye urwo gupfa abantu 37 barimo Abanyamerika batatu, nyuma yo kubahamya icyaha cyo kugerageza guhirika ubutegetsi.

Aba bantu bari baratawe muri yombi muri Gicurasi 2024, ubwo bo n’uwitwa Christian Malanga wari ubayoboye bagabaga igitero ku rugo rwa Vital Kamerhe usanzwe ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC no ku ngoro y’Umukuru w’Igihugu.

Christian Malanga wari ufite ubwenegihugu bwa Amerika icyo gihe yahise araswa, mu gihe umuhungu we witwa Marcel Malanga bari kumwe n’abandi Banyamerika babiri batawe muri yombi mbere yo gukatirwa urwo gupfa.

Perezida Tshisekedi mu iteka rye ryaraye risomewe kuri Televiziyo n’umuvugizi we, Tina Salama, yatangaje ko igihano cy’urupfu yari yarakatiye Marcel Malanga cyagabanyijwe kigirwa icyo gufungwa burundu.

Ni na ko bimeze ku bandi bagenzi be b’Abanyamerika: Taylor Christa Thomson na Zalman Polun Benjamin.

Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba, zo guhita ashyira mu bikorwa ririya teka.

Perezida Tshisekedi yasabiye abashatse kumuhurika ku butegetsi kugabanyirizwa ibihano

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago