Umukobwa witwa Muhawenimana Caritas w’imyaka 23 y’amavuko amakuru aravuga ko yamaze gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano akaba akurikiranyweho amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside yanditse mu butumwa yasangije abantu kuri WhatsApp (Status), apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ni amagambo yumvikanisha ko atemera kwibuka Abatutsi bishwe, ahubwo ko we azibuka Abahutu.
Muhawenimana asanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereye mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga mu Kagari ka Nonko mu Mudugudu wa Kavumu.
Yavukiye i Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu Kagari ka Nyamure mu Mudugudu wa Gatare. Yavuye mu ishuri ubwo yari ageze mu mwaka wa kane w’amashuri abanza.
Inzego z’umutekano zamutaye muri yombi biturutse ku makuru y’ibanze yatanzwe n’abazi uyu mukobwa.
Ni mugihe kandi hatangiye gukorwa iperereza ry’imbitse kuri uyu mukobwa.
Caritas kandi ibi abivuze mu gihe u Rwanda n’Isi yose kuri uyu wa Mbere tariki 7 Mata 2025, hatangijwe Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ibaye mu Rwanda.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…