Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko agiye kugaruka muri iki gihugu nyuma y’umwaka yarahunze.
Ibitangazamakuru birimo Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) na Jeune Afrique byasubiyemo inyandiko ya Kabila avuga ko azataha “mu minsi iri imbere” kuko igihugu cyifashe nabi mu rwego rw’umutekano “no mu zindi nzego zose z’ubuzima bw’igihugu”, kugira ngo afashe gushaka ibisubizo.
Kabila yavuze ko nasubira muri RDC azahera mu burasirazuba bw’iki gihugu, ahakomeje kubera intambara y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23.
Amakuru avuga ko uyu mugabo wayoboye RDC imyaka 18 na Moise Nyarugabo wigeze kuba Visi-Perezida wa RDC mu gihe cy’ubutegetsi bwe baba bateganya kwiyunga ku ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23.
Ni amakuru yemejwe n’abarimo Olivier Kamitatu wahoze ari minisitiri muri leta ya Kinshasa akaba ubu ari umuvugizi w’umunyapolitiki Moïse Katumbi.
Mu butumwa yanditse ku rubuga X, Kamitatu yagize ati: “Guhitamo kwa Joseph Kabila kujya iburasirazuba, ahagenzurwa n’inyeshyamba, si ikimenyetso gusa: ni ukwibutsa ahazaza hacu dusangiye twese.”
Kabila aravugwa muri M23, mu gihe ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi bwakunze kumushinja kuba umuterankunga mukuru w’uyu mutwe.
Ni ibirego nyirubwite n’abantu be ba hafi bakunze gutera utwatsi, bagasaba Kinshasa gutanga ibihamya by‘ibyo bamurega.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…