Kuwa Gatatu tariki 9 Mata, Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj. Gen. Vincent Nyakarundi, yakiriwe anagirana ibiganiro n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ghana, Maj Gen William Agyapong.
Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko ba Jenerali bombi “baganiriye ku buryo bwo gushimangira ubufatanye busanzweho mu bya gisirikare hagati ya GAF (Igisirikare cya Ghana) na RDF (Igisirikare cy’u Rwanda).”
Nyakarundi kuva ku wa Mbere ari i Accra muri Ghana, aho yitabiriye Inama y’Abagaba bakuru mu Ngabo zirwanira ku butaka muri Afurika (African Land Forces Summit -ALFS) iri kuhabera.
Ni inama yatangiye ku wa 07 Mata, ikaba igomba gusozwa kuri uyu wa Kane tariki ya 10 Mata.
Iyi nama yateguwe n’Ishami ry’Igisirikare cya Amerika muri Afurika n’Ingabo za Ghana, mu rwego rwo gusuzumira hamwe imbogamizi zugarije umutekano.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…