INKURU ZIDASANZWE

Nyamasheke: Umusore yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’imyaka ine

Umusore w’imyaka 18 wo mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi, aho akekwaho gusambanya umwana w’umuturanyi w’imyaka ine.

Advertisements

Uwo mwana bikekwa ko yasambanyijwe ubwo we n’abavandimwe be bari bagiye kugama iwabo w’uwo musore.

Byabereye mu Mudugudu wa Gitwe, Akagari ka Gitwe, mu Murenge wa Karambi, ubwo umubyeyi w’uwo mwana wasambanyijwe yari yamusiganye na musaza we w’imyaka umunani agiye mu gasoko guhaha.

Uyu mubyeyi atashye uwo mwana w’imyaka umunani yamubwiye ko mushiki we atambaye akenda k’imbere kandi bagiye kugama akambaye.

Uyu mubyeyi yahise ajya mu rugo bugamyemo, umusore amubwira ko imvura yaguye arabaryamisha ariko ngo arebye abona intozi ziri kurya uyu mwana w’umukobwa ntizirye musaza we, bituma amubyutsa ajya kumuryamisha mu cyumba cye, anamukuramo ikariso.

Bukeye uwo mubyeyi yagiye kugisha inama Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari, ibiri amahire asanga wa musore ari na ho yicaye.

Ubuyobozi bumubajije niba yasambanyije umwo mwana, undi yarabyemeye asaba umubyeyi w’umwana imbabazi.

Ubuyobozi bw’Akagari bwahise bukorana n’izindi nzego harimo n’iz’umutekano, uyu musore atabwa muri yombi naho umubyeyi n’umwana ajya kumusuzumisha muri Isange One Stop Center yo mu bitaro bya Kibogora.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Wungirije ushinzwe Imbereho myiza y’Abaturage, Mukankusi Athanasie, yashimiye uwo mubyeyi waharaniye ko umwana we abona ubutabera, avuga ko gusambanya umwana ari icyaha gihanwa n’amategeko, bityo ko atari ibintu byo kungirwa mu miryango.

Visi Meya Mukankusi yasabye abasore kwirinda ibyaha nk’ibyo kuko ibihano byabyo biremereye.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago