Kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 mata 2025, u Burusiya bwongeye kubura imirwano muri Ukraine nyuma y’agahenge ka Pasika katangajwe na Perezida Vladimir Putin nk’uko ibiro Ntaramakuru by’u Burusiya byemeje aya makuru.
Igisirikare cy’u Burusiya, mu itangazo ryacyo cyakoresheje inyito cyahaye iyi ntambara, cyagize kiti: “Ihagarikwa ry’imirwano rirarangiye, Ingabo z’u Burusiya zakomeje gukora igikorwa kidasanzwe cya gisirikare.”
Kuri uyu wa Mbere, Ingabo zirwanira mu Kirere za Ukraine zavuze ko u Burusiya bwongeye kugaba ibitero mu kirere, bwohereza drones 96 na misile eshatu, mu turere twa Kharkiv, Dnipropetrovsk na Cherkasy.
Igisirikare cyanditse kuri Telegram ko Ingabo zirwanira mu Kirere za Ukraine zarashe indege zitagira abaderevu 42 z’Abarusiya, izindi 47 baziyobya hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Ku wa Gatandatu, Putin yatangaje ihagarikwa ry’imirwano ritunguranye ry’amasaha 30 kuri Pasika, ariko nyuma bivugwa ko byaje kurengwaho ku mpande zombi.
Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yo yashimangiye kuri uyu wa Mbere ko ingabo zubahirije byimazeyo ihagarikwa ry’imirwano kandi ko zagumye mu birindiro byazo.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…