AMATEKA

Perezida Kagame mu bashenguwe n’urupfu rwa Papa Francis

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yashenguwe n’urupfu rwa Papa Francis yihanganisha Kiliziya Gatolika n’Abagatulika bo ku Isi yose, nyuma yo kwitaba Imana kuri uyu wa 21 Mata 2025, aho yavuze ko yari ikimenyetso cy’imbabazi, kwicisha bugufi no kwifatanya n’abandi ku Isi yose.

Advertisements

Perezida Kagame kimwe n’abandi bose ni umwe mu banyacyubahiro bashenguwe n’urupfu rw’umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis witabye Imana ndetse atanga n’ubutumwa bwo kwihanganisha.

Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwa X, Perezida Kagame yagaragaje ko ku buyobozi bwa Papa Francis, umubano w’u Rwanda na Kiliziya Gatolika wafashe icyerekezo gishya.

Umukuru w’Igihugu yagize ati “Ubuyobozi bwe bwaranzwe no kwemera amateka ya Kiliziya Gatolika mu Rwanda, biganisha mu gihe gishya cy’imibanire myiza hagati ya Kiliziya Gatolika n’Igihugu cyacu irangwa n’ukuri, ubwiyunge, ndetse n’intego ihuriweho yo gushakira ubuzima bwiza Abanyarwanda.”

Yakomeje agira ati “Mu izina ry’Abanyarwanda nanjye ubwanjye, twihanganishije Kiliziya Gatolika n’Abagatolika muri rusange ku Isi.”

Urupfu rwa Papa Francis rwamenyekanye mu gitondo cyo kuwa Mbere tariki 21 Mata 2025, aho yaguye mu rugo rwe Casa Santa Marta i Vatican.

Papa Francis yitabye Imana ku myaka 88, aho yaramaze igihe kinini arwaye indwara y’umusonga ndetse n’iy’ubuhumekero.

Perezida Kagame yashenguwe n’urupfu rwa Papa Francis witabye Imana

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago