Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Tanzania Diamond Platnumz yagaragaje ishyari ryiza atungurana avuga ko yiteguye kurongora umukobwa wo muri Nigeria nyuma y’uko mugenzi we Jux abikoze.
Diamond Platnumz ibi yabivuze bitunguranye ubwo yari yizihiwe mu birori by’ubukwe bwa mugenzi we Jux bwabereye muri Nigeria.
Uyu Jux usanzwe ari umuhanzi yakoze ubukwe bw’amateka mupera z’icyumweru gishize, muri Nigeria ahari hateraniye imbaga y’ibyamamare byari byitabiriye ibyo birori.
Jux yashakanye n’umukobwa witwa Priscilla Ajoke Ojo ukomoka mu gihugu cya Nigeria, aho abarimo abahanzi, abakora ishoramari n’abandi batandukanye bitabiriye ibirori.
Diamond Platnumz ni umwe mu bari bitabiriye ibyo birori ariko kandi yaranamwambariye dore ko basanzwe ari n’inshuti ya kadasohoka.
Aba bombi kandi basanzwe bafitanye indirimbo ‘Enjoy’ yakunzwe ku rwego rwo hejuru muri Afurika n’ahandi hose ku Isi.
Mu kugaragaza ibyishimo bikomeye mu mashusho yashyizwe hanze Diamond Platnumz yatunguranye avuga ko yiteguye gukora nawe ubukwe n’umukobwa ukomoka muri Nigeria nyuma y’ibyo yaramaze kubona.
Yagize ati “Ndababwiza ukuri, ndifuza kurongora umukobwa w’umunya-Nigeria, ibyo mwavuga byose , ntacyo bimbwiye nkwiriye gushaka umukobwa waha. Kandi bidatinze muzabimenya.”
Diamond Platnumz azwiho kugira abagore benshi ndetse muri abo bose bagiye bakundana banabyaranye abana.
Diamond Platnumz azwiho kugira abana be bazwi bane ku bagore batandukanye kandi bose batashakanye aribo Tiffah na Nilan yabyaranye na Zari bahoze bakundana, Naseeb Junior yabyaranye na Tanasha Donna n’undi muhungu witwa Dylan Abdul Naseeb afitanye na Hamissa Mobetto.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…