INKURU ZIDASANZWE

Uwavuze nabi Pastor Julienne akoresheje X yasabye imbabazi

Umwe mu bakoresha urubuga rwa X, ukoresha amazina ya Bakame yasabye imbabazi Pastor Julienne Kabanda nyuma yo kumwita intumwa ya satani ku Isi.

Advertisements

Ibyo kwibasira Pasiteri Juliene Kabanda, Bakame yari yabishyize mu butumwa yacishije ku rukuta rwe rwa X, nyuma y’igiterane cy’iminsi itatu uyu mupasiteri yakoreye muri BK Arena.

Ni ubutumwa bwagiraga buti: “Reka mwite intumwa ya satani ku Isi, Mama w’ikinyoma. Uyu ni mushiki wa Apôtre Gitwaza mu kwitwaza Ijambo ry’Imana bagatuburira Abanyarwanda. Uwampuza na we Isi yose itureba nkamubaza ikibazo kimwe cyo muri Bibiliya abeshya ko yigisha.”

Bakame asabye imbabazi nyuma yaho Urwego rw’Ubugenzacya (RIB) bwinjiye muri icyo kibazo, bikanatangazwa n’Umuvugizi wa rwo Dr Murangira B.Thierry.

Yagize ati: “Twakomeje kubona abatumenyesha ibyo uriya wiyita Bakame yavuze kuri X. Biracyasuzumwa n’ishami rishinzwe gusesengura ibikorwa cyangwa amagambo bikekwa ko agize icyaha, byakorewe ku mbuga nkoranyambaga, rireba icyo amategeko ateganya, niba ibyo yatangaje bigize icyaha gikurikiranwa muri RIB.”

Yongeyeho ati: “Harasuzumwa nanone niba ibyo bikorwa yakoze biri mu byaha bikurikiranwa nyir’ubwite ari we utanze ikirego cyangwa niba byakurikiranwa urwego rwibwirije, ikizavamo ni cyo kizashingirwaho hafatwa umwanzuro.”

Ku mugoroba w’itariki 28 Mata 2025, ni bwo Bakame yasubiye ku rukuta rwe yandikaho ubutumwa busaba imbabazi umuryango wa Pastor Juliene Kabanda n’Abanyarwanda muri rusange.

Yanditse ati: “Mwiriwe neza Banyarwanda, Banyarwandakazi, muri aka kanya nanditse nsaba imbabazi umuryango Nyarwanda by’umwihariko umuryango wa Pastor Kabanda Julienne bitewe n’igikorwa nakoze kubera amarangamutima yanjye yanyobeje, bityo nkagwa mu cyaha kibangamira imibereho bwite ya muntu, dusanga mu ngingo ya 39 y’itegeko No 60/2018, ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.”

Mu butumwa bwe, Bakame yakomeje agira inama bagenzi be bakoresha imbuga nkoranyambaga ko bazikoresha neza.

Ati: “Rubyiruko dukoresha imbuga nkoranyambaga nubwo dufite uburenganzira bwo kwisanzura ariko bigomba no kujyana n’inshingano zo kubaha uburenganzira bw’abandi bantu nkuko tubibona mu ihame rivuga ko uburenganzira bujyana n’inshingano.”

Bakame avuga ko aramutse ahawe izo mbabazi nk’uko yazisabye yakora ibyanditse muri Yohani 8:1–11, aho Yesu yakijije umugore wafashwe asambana abandi bamuciraga urwo kwicwa, kandi ko yatanga umusanzu we mu kubaka Igihugu nk’uko abisabwa.

Igiterane cy’iminsi itatu cya Pastor Julienne cyari cyagenewe gushimira kizwi nka ‘Thanksgiving’ cyabereye muri BK Arena kuva ku wa 25-28 Mata 2025.

Igiterane cyari cyakubise cyuzuye

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago