IMIKINO

Robertinho yareze Rayon Sports muri FERWAFA

Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho, watoje Rayon Sports ariko akaza gusezererwa muri iy’i kipe yamushinje uburwayi bw’amaso, yayireze mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, asaba kumwishyuriza.

Advertisements

Ku wa 14 Mata 2025, ni bwo Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports bwafashe icyemezo cyo guhagarika Umutoza Mukuru, Umunya-Brésil Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ‘Robertinho’ n’Umutoza w’Abanyezamu, Mazimpaka André, kubera umusaruro muke.

Gusa nyuma gato y’aya makuru, Gikundiro yahise itangaza ko yahagaritse uyu mutoza kubera uburwayi bw’amaso n’ubwo we yabiteye utwatsi.

Amakuru dukesha UMUSEKE wamenye, ni uko uyu Munya-Brésil, ngo yamaze kurega Rayon Sports muri Komisiyo ishinzwe gukemura amakimbirane muri FERWAFA.

Uyu mutoza mu kirego yatanze yasabye kwishyurizwa amafaranga aberewemo n’iyi kipe angana n’ibihumbi 20$ ahwanye n’amezi ane atahembwe.

Rayon Sports iyoboye urutonde rwa shampiyona by’agateganyo n’amanota 59 ku munsi wa 27. Mugihe habura imikino mbarwa igashyirwaho akadomo, Gikundiro izasura Bugesera FC ku wa 17 Gicurasi 2025 mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona.

Robertinho ari kwishyuza amafaranga aberewemo na Rayon Sports

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago