MU MAHANGA

Joseph Kabila wabaye Perezida wa RDC, yasabwe kwitaba Sena y’icyo gihugu

Joseph Kabila, wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sena yamusabye kuyitaba kugira ngo agire icyo yisobanura ku cyemezo yafatiwe cyo kumwambura ubudahangarwa.

Advertisements

Bikubiye mu ibaruwa yanditswe na Michel Sama Lukonde umuyobozi mukuru wa Sena, imenyesha Joseph Kabila ko asabwa kwitaba komisiyo idasanzwe y’abasenateri ishinzwe gusuzuma dosiye ivuga ibyo kumwambura ubudahangarwa.

Iyi baruwa igira iti: “Mutumiwe mu nama ya komisiyo yihariye ishinzwe gusuzuma ubusabe bw’ubushinjacyaha bukuru mu rukiko rwa gisirikare burebana no kubambura ubudahangarwa muhabwa n’inteko ishinga amategeko ndetse n’uburenganzira bwo kubakurikirana, ku wa kabiri tariki ya 20/05/2025, guhera saa tanu z’amanywa, mu cyumba cy’inama mpuzamahanga.”

Ariko n’ubwo bimeze gutyo ntabwo Joseph Kabila ari muri RDC. Ahagana mu mpera z’u mwaka wa 2023, ubwo ubu butegetsi bw’i Kinshasa bwari butangiye ku mugendaho, ni bwo yahise yerekeza iy’ubuhungiro, ari nacyo gihe yageze mu bihugu byinshi birimo Afrika y’Epfo, Namibia, Zimbabwe na Eswati. Icyokora cyo mu minsi mike ishize yavuzwe i Goma, nyuma y’aho yari aheruka gutangaza ko agiye kugaruka mu gihugu cye, nubwo ishyaka rye rya PPRD ritigeze ryemera ko yageze i Goma.

Ubushinjacyaha bw’igisirikare cya RDC ni bwo bwasabye Sena kwambura Kabila ubudahangarwa nka Senateri uhoraho, kugira ngo bumukurikirane. Bumushinja icyaha cyo kugambanira igihugu, kuba mu mutwe w’ingabo utemewe, ibyaha by’intambara n’ibyabasiye inyokomuntu.

Ibi byo kumushinja ibyo byaha, byafashe intera cyane nyuma y’aho avuzwe mu mujyi wa Goma ugenzurwa na AFC/M23 mu kwezi kwa kane. Kinshasa yagaragaje ko uru ruzinduko rwa Kabila i Goma rushimangira ibimenyetso by’uko ari mu bayobozi biri huriro rya AFC.

Mu cyumweru gishize, abasenateri barateranye kugira ngo bafate icyemezo ku busabe bw’ubushinjacyaha bwa gisirikare, ariko bananirwa kumvikana bitewe nuko hari abagaragaje ko uwabaye perezida adakwiye kwamburwa ubudahangarwa hatabanje kuba itora ry’inteko yose. Bafashe umwanzuro wo gushiraho komisiyo yihariye ishyinzwe gusuzuma ubu busabe.

Iyi komisiyo igizwe n’abasenateri 40 bahagarariye intara zose z’igihugu n’amashyaka yose ari muri Sena. Iyobowe na Christophe Lutundula wabaye minisitiri w’ubanye n’amahanga wa RDC, akaba umwe mu banyapolitiki bafashe iya mbere mu gushinja Joseph Kabila kugambanira igihugu.

Hari aho yigeze kugira ati: “Yaba ari Kabila cyangwa undi munye-kongo wese, akwiye kumenya ko kwifatanya na AFC ikorana na M23 ko ari umugambanyi. Muri RDC hari itegeko ribuhana. Yaba ari uwabaye perezida cyangwa undi wese, riramureba.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago