IMIKINO

Bivuze iki? Umusifuzi aba-Rayon bashinje ku biba yagaragaye mu baje gushyigikira APR FC ubwo yegukanaga igikombe

Ngaboyisonga Patrick, umusifuzi mpuzamahanga yagaragaye kuri Stade Amahoro yaje gushyigikira ikipe ya APR Fc yegukanye igikombe cya Shampiyona nyuma y’igihe gito ashinjwe n’abakunzi ba Rayon Sports ku biba ku mukino wari wabahuje na Bugesera Fc byateje n’imvururu nyinshi bigatuma n’umukino uhagarara.

Advertisements

Nyuma y’ibyo bibaye uyu musifuzi yongeye kuba inkuru ishyirwa ku mitwe y’ibinyamakuru byinshi nyuma yaho mu ijoro ryatambutse yagaragaye mu baje gushyigikira ikipe y’Ingabo byongeye mu mwambaro w’iyi kipe.

Ngaboyisonga yagaragaye kuri Stade Amahoro mu ijoro ryakeye aho yari mu bihumbi byabafana ba APR FC bari baje gushyigikira ikipe yabo ku mukino wa nyuma wa shampiyona 2024/2025 ukaba ari umukino APR FC yatsinze yihanije bikomeye ikipe ya Musanze Fc ibitego 3-1 Byose byatsinzwe na Ruboneka Jean Bosco.

Mu mashusho yakomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye yerekana uyu musifuzi Ngaboyisonga Patrick yicaye muri Stade Amahoro, aho yari yambaye umupira w’umweru urimo imirongo miremire ihagaze y’umukara akaba agaragara mu mashusho arimo aganira n’undi musore aho bombi bari bicaye mu myanya y’icyubahiro muri Stade Amahoro.

Mu bitekerezo byagiye bitangwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bavuze ko ari ibara uyu musifuzi yakoze abandi bavuga ko hirya y’ubuzima bwa ruhago na we ari umuntu ashobora kugira ikipe ashyigikira cyangwa se akaba yaza kureba umupira nk’undi mukunzi wawo wese. 

Gusa bamwe kandi bibajije ukuntu umusifuzi mpuzamahanga nkuwo yagaragara mu myenda y’ikipe runaka atayikunda ku buryo n’amarangamutima ashobora gutuma amuganisha kuyibira mugihe yaba ari mu kazi koko.

Tanga igitekerezo cyawe kuri ibi bintu mu by’ukuri? Ese hari ikidasanzwe uyu musifuzi yaba yakoze cyangwa ntagikuba cyacitse.?

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago