INKURU ZAMAMAZA

Edgar Chagwa Lungu wabaye Perezida wa Zambia yapfuye

Edgar Chagwa Lungu, wahoze ari Perezida wa Zambia, yitabye Imana kuri uyu Kane tariki ya 5 Kamena 2025, afite imyaka 68.

Advertisements

Lungu yaguye mu bitaro by’itwa Mediclinic Medforum i Pretoria muri Afurika y’Epfo, aho yari yaragiye kuvurirwa indwara itaramyekana. 

Ni amakuru y’urupfu rwe yemejwe ashyizwe hanze n’umukobwa we, Tasila Lungu, wari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, avuga ko yari amaze igihe arimo kuvurirwa indwara yirinze gutangaza. 

Edgar Lungu yabaye Perezida wa Zambia kuva mu kwezi kwa Mutarama 2015 kugeza mu kwezi kwa Kanama 2021. Umwanya yasimbuweho na Hakainde Hichilema kuri ubu uyoboye igihugu.

Nyuma yo gushaka kongera kuyobora icyo gihugu ubwo Manda ye ya mbere yari irangiye mu 2021, mu matora yakuriye ntiyahiriwe ahita ajya mu kiruhuko ariko agaruka yaje kugaruka mu bya politiki mu mwaka wa 2023, aho yatorewe kuba umukandida aho yagombaga guhagararira ishyaka Tonse Alliance mu matora ya 2026.

Gusa mu Ukuboza 2024, Urukiko rw’Ikirenga rwa Zambia rwari rwamubujije kwiyamamariza kuyobora igihugu, ruvuga ko yari amaze igihe kingana n’uburenganzira bwe bwo kuba Perezida.

Mu kwezi kwa Gicurasi 2024, Lungu yavuze ko ari “mu buryo bwo kwitegura neza” nyuma y’icyemezo cy’urukiko, kandi ko ngo yari afite gahunda yo gukomeza gukorera igihugu mu buryo bwubahiriza amategeko.

Edgar Lungu wabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana aguye mu bitaro byo muri Afurika y’Epfo

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago