INKURU ZIDASANZWE

Umwe mu bayobozi bashyizweho na AFC/M23 i Bukavu yarusimbutse

Biravugwa ko Byamungu Casimir wari umuyobozi mukuru wa Komine ya Kadutu iherereye mu mujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, yarusimbutse mu gitero cy’igisasu cya grenade cyatewe mu gace yararimo aganira n’abaturage be.

Advertisements

Ibi byabaye mu ma Saa ya mu gitondo yo ku wa Kabiri tariki ya 10 Kamena 2025, kuko ni bwo i Bukavu haturikiye igisasu hafi n’ahaberaga inama yari iyobowe na Bourgmestre wa Kadutu washyizweho na AFC/M23.

Amakuru DomaNews yamenye ni uko uwo muyobozi yarikumwe n’abaturage ari kugirana ibiganiro nabo hanyuma hakaraswa icyo gisasu.

Bivugwa ko ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 10 Kamena 2025, ari bwo i Bukavu haturikiye igisasu hafi n’ahaberaga inama yari iyobowe n’uyu Muyobozi wa Kadutu washyizweho na AFC/M23.

Iyi nama yaberaga kuri stade de Funu, kandi ko yabaye muri icyo gitondo ahagana Saa Tanu z’igitondo.

Nyuma y’ituritswa ry’icyo gisasu, abayobozi amakuru batanze bavuze ko bahavuye ari bazima.

Abari inyuma y’icyo gikorwa cy’ubugizi bwa nabi, bivugwa ko ari agatsiko kabakorera mu kwaha k’u butegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi bakicyihishe hafi aho.

Gusa, Jaques Perusi wahoze ayoboye iyi Ntara ya Kivu y’Amajyepfo utavugwa n’abayoboye uyu Mujyi kuri ubu, ariko akaba ari i Uvira ari naho yimuriye ibiro bye, we ibyakozwe yabishinje umutwe wa M23. Yanditse ati: “Abarwanyi bo mu mutwe wa M23 ni bo baturikije kiriya gisasu. Barashaka kwica abo bishyiriyeho.”

Uyu mujyi wa bukavu wabereyemo iryo turika ry’igisasu, wakunze kugaragaramo imitwe ya Wazalendo ishyigikiye Perezida Felix Tshisekedi, ndetse si ubwa mbere igitero nk’iki cya gerenade kibaye, kuko no mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka na bwo byararashwe mu nama yarimo abayobozi b’iri huriro rya AFC/M23.

Kugeza ubu Wazalendo bashinjwa iki gitero ntibarabyigamba, kandi na bo babikoze bakabigiriramo n’ibibazo nabo ntabaramenyekana. Bivuze ko nta muntu wakiguyemo cyangwa ngo agikomerekeremo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago