Urujijo ku manota asoza ayisumbuye ya Nishimwe Naomie uherutse kugirwa Miss Rwanda 2020

Mu gihe hashize iminsi mike u Rwanda rubonye nyampinga wa 2020,uwahize abandi kuri uwo mwanya Nishimwe Naomie yongeye kuvugwaho n’abatari bake nyuma y’uko amanota y’ikizamini cya Leta cy’abarangije amashuri yisumbuye asohotse kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2020.

Byabaye urujijo aho nyuma y’uko Minisiteri y’uburezi itangaje amanota y’abarangije amashuri yisumbuye haba abize amasomo ya siyansi no mu bize ubumemyingiro.

Uyu nyampinga w’u Rwanda 2020 yambitswe iri kamba mu gihe yari ategereje ko amanota y’ikizamini cya Leta cy’abasoje amashuri yisumbuye asahoka.

Nishimwe Naomie wigaga mu mashuri yisumbuye mu ishami rya MEG ( mathematics,Economics and Geography) ariko muri ayo masomo yose iryo yageragejemo ni rimwe ryo nyine kuko mu isomo ry’imibare yabonye inyuguti ya F,Ubukungu abonamo inyuguti ya F naho Ubumenyi bw’isi abona inyuguti ya E.

Amanota yose yabonye ni 13 aho bigaragazwa n’izo nyuguti zibonwa n’uwatsinzwe amasomo mu buryo bukabije.

Nk’uko bizwi,ni uko umuntu watsinze byibura amasomo abiri muri atatu ariwe uba wemerewe kwiga muri kaminuza. Ntakabuza rero ko uyu mukobwa wabaye nyimpinga w’u Rwanda 2020 ashobora kutaziga kaminuza kuko amanota ye kugeza ubu ntabimwemerera.

Amanota ya Miss Rwanda Nishimwe Nawomie yateje urujijo
Uku niko bigaragazwa mu manota bivugwa ko yabonye mu bizamini bisoza amashuriye yisumbuye

Gusa vuba aha mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu,mu myanzuro yafatiwemo harimo no kutazongera kwimura umunyeshuri utatsinze nk’uko byari biharawe ko buri munyeshuri wese agomba kwimuka yaba yatsinze cyangwa atatsinze.

Bityo rero ntawamenya niba uyu mukobwa azasibira cyangwa akazakomeza kwiga kaminuza zigenga cyane ko naho kuhabona umwanya ufite amanota nk’ayo Miss Rwanda 2020 yabonye bitapfa koroha.

Nishimwe Naomie (Hagati) yambitswe ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2020 asimbuye Nimwiza Meghan wari urimaranye umwaka wa 2019

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

U Rwanda rwanyomoje Amerika yarushinje kurasa mu nkambi iri hafi ya Goma

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…

18 hours ago

Abagenzi bagera kuri 70 bafashwe n’indwara yo kuruka ubwo bari mu ndege

Abagenzi bagera kuri 70 bari mu ndege yavaga mu birwa bya Maurice yerekeza i Frankfurt…

19 hours ago

Nyanza: Abantu babiri baguye mu mugezi wa Burakari

Abantu babiri bapfuye barohamye mu mugezi wa Burakari uherereye mu Murenge wa Busoro mu Karere…

20 hours ago

Ambasaderi Karabaranga yasuye ikipe ya APR BBC iri mu irushanwa rya BAL

Kuri iki gicamunsi, Ambasaderi w'u Rwanda muri Senegal Karabaranga Jean Pierre yasuye ikipe ya APR…

1 day ago

Shakib umugabo wa Zari na Harmonize barifuza kumvana mu mitsi

Ni ibikubiye mu butumwa Harmonize yasangije abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje ubutumwa Shakib…

2 days ago

Nyuma y’amezi atanu basezeranye, Kenny Sol n’umugore we bibarutse imfura

Umuhanzi Kenny Sol n'umugore we bari mu byishimo bihambaye nyuma y'uko yibarutse imfura yabo. Amakuru…

2 days ago