INKURU ZIDASANZWE

Abagenzi bagera kuri 70 bafashwe n’indwara yo kuruka ubwo bari mu ndege

Abagenzi bagera kuri 70 bari mu ndege yavaga mu birwa bya Maurice yerekeza i Frankfurt bafashwe n’indwara y’amayobera yo kuruka.

Amakuru avuga ko iyo ndege ya Condor DE2315 yakoraga urugendo ruva Maurice yerekeza i Frankfurt mu Budage abagenzi barimo bafashwe n’indwara itaramenyekana bararuka.

Iyo ndege ubwo yururukaga ku butaka bw’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cy’i Frankfurt ahagana ku isaha ya Saa Kumi n’imwe n’igice z’umugoroba, abagenzi bahise bakirwa n’itsinda rigari ry’abaganga kugira babiteho.

N’itsinda ryari ryahamagawe mbere y’uko iyo ndege igwa kuri icyo kibuga kuko ubuyobozi bwari bwamaze kugezwaho ikibazo nk’uko amakuru abivuga.

Ibintu byatangiye gukara ubwo abagenzi bagera kuri 70 muri 290 bari batwawe muri iyo ndege batangiye kugira isesemi no kuruka.

Umuvugizi mu by’indege mu gihugu cy’u Budage nawe yemeje amakuru ariko avuga ko abakozi batigeze bahura n’ubwo burwayi.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara rivuga ko umupilote w’indege bahuguwe ku buryo ntakibazo bagiriye muri urwo rugendo.

Amakuru avuga ko nyuma y’uko hasuzumwe neza ikibazo cyari cyabaye, indege yaje gukomeza urugendo. Indege kuko yaguye i Frankfurt neza aho abahanga mu by’ubuvuzi bari bahari kugira ngo bite kubari bagize ibibazo.

Sosiyete y’indege ntacyo yatangaje ku cyateye uburwayi butunguranye bwagaragaye muri iyo ndege. Gusa bavuga ibiryo bakoresha mu ndebe byari byateguwe n’igihugu cya Maurice.

Uwo muvugizi avuga ko iperereza ryatangiye gukorwa kugira ngo harebwe icyateje impamvu yo kuruka kw’abagenzi bari muri iyo ndege kugira ngo hafatwe n’ingamba zo kuzikumira.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago