UBUZIMA

Dore uko abanyeshuri bagiye gufashwa kugera mu miryango yabo hirindwa Corona Virusi

Minisiteri y’Uburezi yatangaje uko Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bagiye gusmfashwa Ku gera mu miryango yabo muri gahunda yo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Corona Virus.

Advertisements

Nyuma y’uko mu Rwanda hagaragaye umurwayi w’Icyorezo cya Corona virus, kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Werurwe 2020. Leta y’u Rwanda yafashe ingamba nshya zunganira izari zisanzwe zihari, zo kwirinda ikwirakwizwa ry’Icyorezo kiswe COVID-19.

Muri zo harimo guhagarika, ibikorwa byose bihuriramo abantu benshi; nk’Amateraniro, Misa n’ibindi, aha kandi n’ibigo by’amashuri bikaba bigiye gufunga imiryango, iyi gahunda ikaba yafashwe mu gihe k’ibyumweru bibiri.

Mu itangazo Minisiteri y’uburezi yashyize ahagaragara yavuze ko kuri iki cyumweru tariki 15 Werurwe 2020, hazataha abanyeshuri biga mu Ntara y’Amagepfo n’umijyi wa Kigali.

Kuwa mbere tariki 16 Werurwe 2020, hazataha abanyeshuri biga mu Ntara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Iburasirazuba.

Minisiteri y’Uburezi kandi ikazishyura ikiguzi k’ingendo z’aba banyeshuri, kugera mu miryango yabo.

Muri iri tangazo kandi Abayobozi b’ibigo basabwe guhumuriza Abanyeshuri muri iyi gahunda yo guhangana n’ikwirakwizwa ry’iki cyorezo mu Rwanda.

Uyu mwanzuro wafashwe na Leta y’u Rwanda ukazamara ibyumweru bibiri, hakurikiranwa uko iki cyorezo cyakomeza kurwanywa mu gihugu, nyuma y’uko umurwayi wambere wacyo ahagaragaye.

Itangazo ry’uburyo abanyeshuri bagiye gufashwa kugera mu miryango yabo

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago