Mu Rwanda hagaragaye umurwayi wambere wa Corona Virus

Kuri uyu wa gatandatu tariki 14 Werurwe 2020, Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko habonetse Umurwayi wambere wanduye icyorezo cya Corona Virusi.

Mu Itangazo yanyujije ku rututa rwa Twiteer ya Minisiteri y’Ubuzima rivug ko habobetse umurwayi wanduye iki cyorezo kibasiye Isi muri iyi minsi.

Uyu akaba ari Umuhinde wageze mu Rwanda waturutse mu Buhinde I Mumbai tariki 08 Werurwe 2020. Akigera mu Rwanda, akaba yarasuzumwe nkuko birigukorwa ku bantu bose bingiye ku kibuga k’Indege aturutse hanze y’Igihugu gusa ngo nta bimenyetso yigeze agaragaza.

Ku wa gatanu tariki ya 13 Werurwe 2020 nibwo yumvise atameze neza, yijyana kwa muganga akorerwa isuzuma ryihuse, bamusangamo Coronavirus.

Iri tangazo rya Minisitere y’Ubuzima rikomeza rivuga ko uwagaragarayeho iki cyorezo ari gukurikirwanwa n’abaganga, kandi ko ameze neza.

Akaba kandi ngo yashyizwe ahantu ha wenyine hitaruye abandi barwayi, ibikorwa byo gushakisha abandi bantu bahuye na we bikaba bikomeje.

Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda ikomeza igira inama abari mu gihugu bose inama gukomeza gukurikiza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo, harimo gukaraba intoki, kwiirinda guterana ahantu hari abantu benshi, kandi batanga amakuru mu gihe cyose babonye umuntu ufite ibimenyetso byayo, bakanagamagara ku murongo utishyurwa wa 114.

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

4 hours ago

Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare ku gihugu cya Ukraine

Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…

5 hours ago

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

8 hours ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

1 day ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

1 day ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

1 day ago