UBUZIMA

Corona Virusi imaze guhitana abantu babiri mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa 02 Kamena mu Rwanda habonetse umuntu wa kabiri witabye Imana azize Coronavirus, aho yari Umupolisikazi w’imyaka 24 wari waragiye mu butumwa bw’akazi mu mahanga, aza kugarurwa mu gihugu arembye cyane nyuma yo kwandurira aho yari.

Advertisements

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubuzima rivuga uwapfuye ari “umupolisikazi w’imyaka 24 wari mu butumwa bw’akazi mu mahanga aho yanduriye Coronavirus aza kugarurwa mu Rwanda nyuma yo kuremba. Yahise yitabwaho n’abaganga ariko yaje kwitaba Imana azize uburwayi bukomeye”.

Uru rupfu ni urwa kabiri rw’umuntu uhitanwe na Coronavirus mu Rwanda nyuma y’aho mu cyumweru gishize ku wa 30 Gicurasi, umushoferi w’imyaka 65 wari utuye mu gihugu cy’abaturanyi, nawe yitabye Imana nyuma yo kuremba agahitamo gutaha.

Yageze mu gihugu yakirwa n’abaganga mu kigo cyagenewe kuvura Coronavirus ariko nyuma aza gupfa azize kwangirika imyanya y’ubuhumekero.

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima kandi igaragaza ko ku wa 02 Kamena hagaragaye abantu barindwi banduye iki cyorezo mu bipimo 957 byafashwe. Byatumye umubare w’abamaze kwandura mu gihugu cyose ari abantu 384. Ku rundi ruhande, abakize nabo biyongereyeho barindwi baba 269.

Mu bantu bose bamaze kwandura Coronavirus mu Rwanda, 278 ni abayanduriye mu mahanga naho 106 ni abayanduriye mu gihugu bandujwe n’abavuye mu mahanga. Umubare munini w’abanduye iki cyorezo bari hagati y’imyaka 30 na 39.

Muri iki gihe u Rwanda rworoheje ingamba zari zarashyizweho zo gukumira iki cyorezo nyuma y’iminsi 40 ibikorwa byinshi mu gihugu byarafunzwe abantu bari mu ngo.

Gusa abanyarwanda barasabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda iki cyorezo, bibuka kwambara agapfukamunwa buri gihe bavuye mu ngo zabo, bakaraba intoki kenshi, birinda amakoraniro n’ibindi bintu byose bishobora guhuriza hamwe abantu benshi, ndetse by’umwihariko uwiyumvamo ibimenyetso by’iki cyorezo birimo inkorora, guhumeka nabi, gucika intege n’ibindi, agahamagara umurongo utishyurwa wa 114 kugira ngo ahabwe ubufasha n’abaganga.

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago