UBUZIMA

Moto n’Ingendo zo mu ntara n’umujyi wa Kigali zafunguwe,Rubavu na Rusizi hakomeza gufungwa

Ingendo hagati y’intara ndetse n’umujyi wa Kigali zongeye gufungurwa nyuma y’igihe kirenga amezi abiri zidakorwa kubera gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda coronavirus, gusa hari umwihariko ku bagana n’abava i Rusizi n’i Rubavu, kuko kujyayo no kuvayo ku bantu bibujijwe.

Izi ngendo kandi zafunguranywe no gutwara abantu kuri moto nazo zari zarahagaritswe.

Ibyo gusubukura izi ngendo byatangajwe mu myanzuro y’inama idasanzwe y’abaminisitiri yateranye kuwa Kabiri tariki 2 Kamena 2020, iyobowe na Perezida wa Repubulika.

Leta y’u Rwanda yari yatangaje ko izi ngendo zasubukuwe zagombaga gusubukurwa tariki 1 Kamena 2020, ariko zikomwa mu nkokora n’abantu 5 bagaragaye mu karere ka Rusizi banduye coronavirus barimo umumotari.

Imihango yo gushyungura igomba kujyamo abantu batarenze 30, gusezerana imbere y’amategeko biremewe ariko hakitabira abatarenze 15. Amashuri azakomeza gufunga kugeza muri Nzeri 2020.

Coronavirus yagaragaye bwa mbere mu Rwanda tariki 14 Werurwe 2020, igaragaye ku Muhinde wari uturutse i Mombai mu Buhinde. Mu rwego rwo kuyirinda abanyarwanda bashyiriweho ingamba zirimo gahunda ya Guma mu rugo, nyuma yaje gusimburwa n’ingendo zitarenga intara. Muri icyo gihe abantu bagorwaga no kuva mu ntara bagana mu mujyi wa Kigali no mu zindi ntara. Muri icyo gihe kandi n’ingendo za moto (gutwara abantu) byari byarahagaritswe, zikaba zongeye gusubukurwa. Izo ngamba kandi zarimo guhagarika ingendo zo gutwara abantu ku magare, gufunga insengero n’utubari.

Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 02 Kamena 2020 yayoboye na Perezida wa Repubulika

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Abafana ba Rayon Sports barashimira RGB yabakuye mu bibazo by’imiyoborere mibi

Kuri ubu abafana ba Rayon Sports bari baragiye mu gihirahiro kubera ikipe yabo yari iyobowe…

2 hours ago

Muhanga: Abanyeshuri 15 bakoze impanuka umwe anakuka amenyo ane

Abanyeshuri biga mu Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya TSS St Sylvain bari baje mu marushanwa ya…

13 hours ago

U Rwanda rwanyomoje Amerika yarushinje kurasa mu nkambi iri hafi ya Goma

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…

2 days ago

Abagenzi bagera kuri 70 bafashwe n’indwara yo kuruka ubwo bari mu ndege

Abagenzi bagera kuri 70 bari mu ndege yavaga mu birwa bya Maurice yerekeza i Frankfurt…

2 days ago

Nyanza: Abantu babiri baguye mu mugezi wa Burakari

Abantu babiri bapfuye barohamye mu mugezi wa Burakari uherereye mu Murenge wa Busoro mu Karere…

2 days ago

Ambasaderi Karabaranga yasuye ikipe ya APR BBC iri mu irushanwa rya BAL

Kuri iki gicamunsi, Ambasaderi w'u Rwanda muri Senegal Karabaranga Jean Pierre yasuye ikipe ya APR…

3 days ago