UBUCURUZI

U Rwanda mu bihugu 15 ku Isi byemerewe gukorera ingendo I Burayi nta nzitizi

Akanama k’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi kakuyeho inzitizi zijyanye n’ingendo ku baturage b’ibihugu bitandukanye, byemerewe gukorera ingendo i Burayi harimo n’u Rwanda.

Itangazo ryasohowe n’aka Kanama rivuga ko hemejwe umwanzuro wo gukuraho izitizi mu buryo bw’agateganyo ku bakorera ingendo zitihutirwa i Burayi .

Inzitizi zizakurirwaho ibihugu biri ku rutonde rujyanye n’uriya mwanzuro, uru rutonde rwarasuzumwe, kandi igihe bibaye ngombwa, hazajya hatangazwa amakuru mashya ajyanye na byo nyuma y’ibyumweru bibiri.

Hagendewe ku mabwiriza n’ibyasabwe kubahiriza muri uriya mwanzuro, kuva tariki 1 Nyakanga 2020 ibihugu bigize Ubumwe bw’Uburayi bizatangira gukuraho ziriya nzitizi zijyanye no gukora ingendo ku baturage bari hanze y’imipaka yabyo, mu bihugu bizakurirwaho inzitizi n’u Rwanda ririmo.

Urutonde ruriho Algeria, Australia, Canada, Georgia, Ubuyapani, Montenegro, Morocco/Maroc, New Zealand/Nouvelle Zelande, u Rwanda, Serbia, Korea y’Epfo, Thailand, Tunisia, Uruguay, n’Ubushinwa (China), bwo bwakuriweho ziriya nzitizi kuko na bwo  bwabikoreye abaturage b’i Burayi.

Abaturage bo mu birwa bya Andorra, muri Monaco, na San Marino ndetse n’i Vatican bo bafatwa nk’Abanyaburayi muri kiriya kemezo bemerewe kujya aho bashaka i Burayi.

Ikemezo cyafashwe hagendewe ku buryo buri gihugu cyashyizeho ingamba zo guhangana n’icyorezo cya COVID-19, harimo kuba abaturage bacyo bubahiriza intera hagati yabo, ndetse harebwe ku bijyanye n’ubukungu n’umubano igihugu kigasaba gukurirwaho inzitizi hakarebwa biriya byose.

Mu bijyanye n’imiterere y’icyorezo, igihugu cyasabye cyagombaga kuba gifiye umubare w’abanduye COVID-19 bake cyane ugereranyije n’uko bimeze ku baturage ibihumbi 100 bo ku Mugabane w’Uburayi (bakabibara bahereye tariki 15 Kamena 2020).

Hanarebwe niba igihugu mu byasabye, cyo cyaremereye abaturage b’i Burayi kukijyamo nta nkomyi.

Ikemezo cyo guhagarika ingendo ku bihugu bitari iby’i Burayi cyafashwe tariki 16 Werurwe 2020, kikaba cyaragombaga kumara nibura ukwezi.

Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma i Burayi bemeje kiriya kemezo tariki 17. Nyuma cyaje kongererwa igihe tariki 8 Mata, na tariki 8 Gicurasi 2020.

Tariki 11 Kamena, abashinzwe Itumanaho bongeye kongera igihe kugeza tariki 30 Kamena 2020, ariko nyuma hajyaho uburyo bwo kureba uko ibihugu bimwe na bimwe byatangira kwemererwa kuvanirwaho izo nzitizi bikazatangirana na tariki ya 1 Nyakanga 2020.

Ibihugu byabiganiriyeho, ndetse byumvikana ku mabwiriza azagenderwaho.

Source: Umuseke

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

U Bwongereza bwanze kwishyura akayabo bw’ishyuzwa n’u Rwanda

Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko nta yandi mafaranga buzishyura u Rwanda, nyuma yo gusesa amasezerano…

1 day ago

Amerika yohereje Ahmed Napoleon wasize akoze Jenoside mu Rwanda

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Werurwe 2025, igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za…

2 days ago

Uganda: Umusirikare yishe umukunzi we kubera ibiryo

Kuwa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, Umusirikare wo mu Ngabo za Uganda, L / Cpl Sserunkuma…

2 days ago

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

2 days ago

Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare ku gihugu cya Ukraine

Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…

2 days ago

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

2 days ago