Mu birori bya BET Awards byabereye kuri murandasi mu mujyi wa Los Angeles muri Leta zunze ubumwe z’Amerika mu rukerera rwo muri iki gitondo,
Umuhanzi Burna Boy wari mu cyiciro kimwe na Rema wo muri Nigeria, Innoss’B wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) wari ugiyemo bwa mbere, Sho Madjozi wa Afrika y’Epfo, Stormzy wo mu Bwongereza ndetse na Ninho na S.Pri bo mu Bufaransa niwe wegukanye iki gihembo.
Avuga ijambo ryo kwakira iki gihembo, Burna Boy,
Yagize ati:“Ni ubwa kabiri nakiriye iki gihembo ndabyishimiye. Ndashaka gufata uyu mwanya ngo ngire icyo mvuga, mu mwaka wa 1835 ibihugu byo muri Afurika byarategetswe. Iki ni cyo gihe cyo kugira ngo dusubire tube ubwami twahoze turi, kuko kugira ngo ubuzima bw’umwirabura bugire agaciro, Afurika igomba kugira agaciro.”
Iki gihembo ni inshuro ya kabiri Burna Boy agitwaye kuko mu mwaka ushize nabwo yagitwaye ari mu cyiciro cya Best international Act hamwe na Mr Eazi, AKA, Dave, Giggs, Dosseh na Aya Nakamura.
Ikipe ya Liverpool FC yo mu Bwongereza yamaze kumvikana na Arne Slot warusanzwe ari umutoza…
Umufana wa Rayon Sports ukomeye, witwa Ntakirutimana Isaac uzwi nka Sarpong w’i Nyamirambo yayiteye umugongo…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 26 Mata 2024, ahagana ku isaha ya Saa Saba…
Perezida w'u Bufaransa Emmanuel Macron yatangiye kwijandika muri gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, aho…
Kuri uyu wa Kane tariki 25 Mata 2024, Perezida Kagame yayoboye Inama y'Abaminisitiri muri Village…
Umwami w'u Bwongereza Charles III yamaze kwemeza umushinga wa gahunda yo kohereza abimukira mu gihugu…