IMYIDAGADURO

Wema Sepetu yikomye abamushinja kwibagisha ngo atakaze ibiro

Wema Sepetu yababajwe cyane n’abantu bakomeje kumubaza impamvu yatakaje ibiro, bakavugako ashobora kuba yaribagishije(surgery) kugirango abigabanye, ibintu yamaganiye kure.

Advertisements

Mu ntangiriro z’uyu mwaka ni bwo Wema Sepetu yatangiye urugendo rwo kwinanura ibintu bitakiriwe neza n’abafana be, ariko akavuga ko ari zimwe mu nama yagiriwe n’abaganga kugira ngo arebe ko yazabyara nyuma yo gukuramo inda.

Abakurikirana uyu mukobwa ntibanyuzwe n’ubusobanuro yakomeje kugenda atanga, noneho bagera aho bavuga ko yibagishije kugira ngo yinanure.

Ibi byarakaje uyu mukobwa avuga ko ibyo byose bivugwa nta na kimwe abiziho kandi ko ibyo yakoze yabikoze ku mpamvu ze.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yabakuriye inzira ku murima,ahakana ibimuvugwaho.

Yagize ati“ibintu ngo byo kwibagisha, gukuramo inda byagenze nabi, kwibagisha kugira ngo nanuke(Liposuction), bibarebaho iki? Mundeke”

“Ntabwo mwumva ko mufite imico mibi. Murambangamira mushatse mwabireka. Murambangamira mundeke, nyuzwe n’uko meze.”

Wema Sepetu yihanangirije abamushinja kwibagisha(Surgery)ngo agabanye ibiro

Wema Sepetu umwe mu bakinnyi ba filime bakomeye muri Tanzania, akaba yaranavuzweho urukundo n’umuhanzi Diamond, amakuru yavugaga ko yatakaje ibiro bigera muri 40.

Cyane ko no mu mafoto agenda ashyira ku mbuga nkoranyambaga akoresha bigaragara ko yananutse ugereranyije n’uko yari ameze mu myaka yatambutse.

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago