Wema Sepetu yababajwe cyane n’abantu bakomeje kumubaza impamvu yatakaje ibiro, bakavugako ashobora kuba yaribagishije(surgery) kugirango abigabanye, ibintu yamaganiye kure.
Mu ntangiriro z’uyu mwaka ni bwo Wema Sepetu yatangiye urugendo rwo kwinanura ibintu bitakiriwe neza n’abafana be, ariko akavuga ko ari zimwe mu nama yagiriwe n’abaganga kugira ngo arebe ko yazabyara nyuma yo gukuramo inda.
Abakurikirana uyu mukobwa ntibanyuzwe n’ubusobanuro yakomeje kugenda atanga, noneho bagera aho bavuga ko yibagishije kugira ngo yinanure.
Ibi byarakaje uyu mukobwa avuga ko ibyo byose bivugwa nta na kimwe abiziho kandi ko ibyo yakoze yabikoze ku mpamvu ze.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yabakuriye inzira ku murima,ahakana ibimuvugwaho.
Yagize ati“ibintu ngo byo kwibagisha, gukuramo inda byagenze nabi, kwibagisha kugira ngo nanuke(Liposuction), bibarebaho iki? Mundeke”
“Ntabwo mwumva ko mufite imico mibi. Murambangamira mushatse mwabireka. Murambangamira mundeke, nyuzwe n’uko meze.”
Wema Sepetu umwe mu bakinnyi ba filime bakomeye muri Tanzania, akaba yaranavuzweho urukundo n’umuhanzi Diamond, amakuru yavugaga ko yatakaje ibiro bigera muri 40.
Cyane ko no mu mafoto agenda ashyira ku mbuga nkoranyambaga akoresha bigaragara ko yananutse ugereranyije n’uko yari ameze mu myaka yatambutse.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…