INKURU ZIDASANZWE

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byazamutseho 10%

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere mu Rwanda(RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli, ago Lisanse na Mazutu byazamutseho 10% ku biciro byari bisanzwe.

Advertisements

Kuri uyu wa Kane tariki 04 Werurwe 2021, nibwo RURA yatangaje ibiciro bishya mu itangazo yanyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter rigira riti:

“Urwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego z’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA),ruramenyesha abantu bose ko guhera kuwa Gatanu tariki ya 5 Werurwe 2021, igiciro cy’Ibikomoka kuri Peteroli kivuguruwe ku buryo bukurikira.

  • Igiciro cya Lisanse I Kigali ntikigomba kurenga Amafaranga y’U Rwanda 1,088 Kuri Litiro.
  • Igiciro cya Mazutu I Kigali ntikigomba kurenga Amafaranga y’u Rwanda 1,054.

Ibi biciro byiyongereyeo 10% bitewe ahanini n’uko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli ku isoko mpuzamahanga na byo byiyongereye ku buryo bukabije. Igiciro cya Lisanse cyiyongereyeho 30% naho icya Mazutu cyo kiyongeraho 26% ku isoko mpuzamaanga.”

Ibi biciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu mujyi wa Kigali byaherukaga guhindurwa na RURA tariki ya 06 Mutarama 2021. Ubu bikaba byazamutse bitewe n’izamuka ry’ibiciro mpuzamahanga nk’uko iki Kigo cyabitangaje.

Igiciro cya Lisanse cyavuye ku mafaranaga y’u Rwanda 987 kuri Litiro, kigera kuri 1,088, naho icya Mazutu cyavuye ku mafaranga y’u Rwanda 962 kuri Litiro, kigera kuri 1,054.

Ibi biciro bishya byatangajwe n’Urwego ngenzura mikorere mu Rwanda,bizatangira kubahirizwa kuva kuri uyu wa gatanu tariki 05 Werurwe 2021.

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago