INKURU ZIDASANZWE

Umunyamakuru wa CNN yatangajwe n’intera u Rwanda rugezeho mu Bukerarugendo

Richard Quest Umunyamakuru wa CNN, igitangazamakuru cy’Abanyamerika gikorera ku Isi yose, yatangajwe n’Iterambere u Rwanda rugezeho mu Bukerarugendo.

Advertisements

Uyu Munyamakuru umaze igihe kingana n’ibyumweru  bibiri asura u Rwanda,aho ari no gukora inkuru zivuga ku Rwanda zinyura kuri CNN muriyi minsi mu kiganiro yise “Quest’s World of wonder”.

Quest akaba yaratangajwe n’ibikorwa by’Ubukerarugendo biri mu Rwanda, nyuma yo Gusura bimwe mu bice by’Igihugu by’ubukerarugendo nka; Parike y’Ibirunga,Inyanza mu rukari ahari amateka y’umuco,n’ahagaragara amateka y’u Rwanda mu myaka yashize nko ku Rwibutso rwa Genocide yakorewe Abatutsi mu 1994.

Avuga ku rugendo yagiriye mu Rwanda, Richard Quest yagize ati: “Narimbizi ko gusura hano byanze bikunze ari ibintu bidasanzwe, ariko ibyo nabonye birenze ibyo nari niteze kubona. Uburyo  Abanyarwanda bahuye n’amahano y’amateka ariko bakaba bariteje imbere kandi urugendo rukaba rugikomeje, byerekana ko u Rwanda ari kimwe mu bigize Isi yacu Igitangaza”.

Aha akomeza ashimira uko yakiriwe mu Rwanda, yaba abamwakiriye  aho hasuye hose ndetse n’abamuhaye ibiganiro aho yagiye agera.

Ibiganiro bivuga ku Rwanda byakozwe na Richard Quest, bitambuka kuri CNN muri yi minsi kuva tariki ya 20 Werurwe 2021, bikazageza tariki ya 29 Werurwe 2021 n’ibiganiro bivuga amateka y’u Rwanda, iterambere bikaba byibanda cyane aho yasuye mu bihe bitandukanye, bikaba bitambuka ku masaha atandukanye yo mu Rwanda no hanze.

https://urldefense.com/v3/__https:/edition.cnn.com/videos/travel/2021/03/25/quests-world-of-wonder-kigali-rwanda-genocide-africa-spc.cnn__;!!Gajz09w!RQ4cLjH4Bm9Pus6va369Vxdky_3v8w0_NR1RzKmLlLf_X0rxr0h5VdhiphEVPAl9-g$

 

Photo and Videos : CNN

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago