IMYIDAGADURO

Ingabire Grace niwe wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2021

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Werurwe2021, nibwo hasojwe irushanwa ry’abakobwa 20 bahataniraga ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021.

Ingabire Grace yegukanye iri kamba ry’uyu mwaka ryari rifitwe na Ishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, iri rushanwa rikaba ryabaye rikurikiranwa higashishijwe Ikoranabuhanga kubera icyorezo cya COVID-19.

Uko abakobwa bakurikiranye:
Gaju Evelyne yabaye Miss congeniality, Miss photogenic yabaye Uwase Phiona, Umutoniwase Sandrine yahembwe nk’umukobwa wagaragaje impano, Miss hertage ni Ishimwe Sonia.

Uwegukanye ikamba rya Miss Popularity yabaye Kayirebwa Marie Paul naho Musana Teta Hence aba umukobwa wagaragaje umushinga mwiza uzaterwa inkunga kugirango izashyirwe mu bikorwa.

Umutoni Witness yabaye Igisonga cya kabiri, uwatsindiye umwanya w’igisonga cya mbere ni Akariza Amanda.

Nyampinga w’u Rwanda 2021 Ingabire Grace, ni umukobwa w’imyaka 25 witabiriye iri rushanwa ahagarariye Umujyi wa Kigali.

Akaba ariwe wegukanye iri kamba ryahatanirwaga n’abakobwa bagera kuri 20 bari bamaze igihe cy’ibyumweru bibiri muri mu mwiherero(Boot camp).

Uyu mwaka wa 2021 hakaba hari hiyandikishije abakobwa barenga 400, hatoranyijwemo abakomereje mu mwiherero, aribo batoranyijwemo Nyampinga w’u Rwanda 2021 wahize abandi.

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

BBC n’ijwi ry’Amerika byahagaritswe muri Burkina Faso

Ubuyobozi bw'igihugu cya Burkina Faso bwahagaritse radiyo BBC n'ijwi ry'Amerika mu gihe cy'ibyumweru bibiri. Amakuru…

3 hours ago

Kayigamba Théophane wabaye umunyamakuru w’imikino yambitse impeta y’urukundo umukunzi we muri Australia-AMAFOTO

Kayigamba Théophane wamenyekanye cyane nk’umunyamakuru w’imikino mu Rwanda mbere yo kwimukira muri Australia mu 2018,…

6 hours ago

Liverpool FC yabonye umusimbura wa Jurgen Klopp

Ikipe ya Liverpool FC yo mu Bwongereza yamaze kumvikana na Arne Slot warusanzwe ari umutoza…

6 hours ago

Umufana ukomeye wa Rayon Sports yayiteye umugongo yerekeza muri APR Fc

Umufana wa Rayon Sports ukomeye, witwa Ntakirutimana Isaac uzwi nka Sarpong w’i Nyamirambo yayiteye umugongo…

1 day ago

Abantu batatu bari bugamye imvura bagonzwe na Howo

Mu ijoro ryo kuri uyu wa 26 Mata 2024, ahagana ku isaha ya Saa Saba…

1 day ago

Perezida Macron yatangiye gukumira gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda

Perezida w'u Bufaransa Emmanuel Macron yatangiye kwijandika muri gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, aho…

1 day ago