INKURU ZIDASANZWE

Bugesera :Umuco wo gutwara amagare ku bagore ubafasha mu iterambere ryabo

Mu karere ka Bugesera ni hamwe mu hagaragara abagore batwara amagare bapakiye imizigo, bakayifashisha mu guhaha cyangwa bapakiye amajerekani yamazi bavuye kuvoma.

Advertisements

Aba bagore bavuga ko baterwa ishema no kubona batwaye amagare kuko ari kimwe mu byo batinyaga kera byakorwaga na basaza babo.

Gutwara amagare ku bagore bo mu Karere ka Bugesera byagizwe Umuco mu gihe ahenshi mu tundi turere twigihugu biba bigoye kubona umugore uzi kurinyonga bitewe nipfunwe ndetse nimyumvire barifiteho.

Aba bagore biganjemo n’abakiri abangavu bakoresha aya amagare bavuga ko byinjiye mu muco wabo, rikaba rinashyirwa mu bishyingiranwa byumukobwa ku buryo iyo ribuze umugeni ashobora no gusendwa.

Bawe muri bo bemeza ko bitewe numuco wagace baherereyemo nta mugore upfa gushyingirwa atagira igare akuye iwabo bitewe nuko ribafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi bamaze kuba abagore.

Twizerimama Claudine wimyaka 23 wo muri aka karere ni umwe mu batwara igare kandi anahetse Umwana, avuga ko igare yatangiye kuritwara kera kandi rimufitiye akamaro gakomeye numuryango we.

Yagize ati:”Natangiye gutwara igare kera mfite imyaka 12 none ubu ngize imyaka 23. Iyo ndi murugo nkakenera amazi mpita nsimbuka nkajya kuvomesha igare ryange”.

Akomeza avuga ko ataritinya kuko niyo ahetse umwana aritwara.
Ati:”iyo nkeneye kujyana umwana kwa muganga nifashisha igare kuko gutega moto byangora nkarinyonga mugihe gito nkaba ngeze ku ivuriro mbega igare ni ryiza”.

Bamwe mu badatuye muri Bugesera bibaza impamvu abagabo cyangwa abasore bagiye kurongora atari bo bagura igare rikagurwa n’abagore, cyane ko iwabo abagore baterwa ipfunwe no kubonwa mu muhanda banyonga amagare, bigatuma badashishikarira no kuryiga.

Akarere ka Bugesera, ni tumwe mu duce twIntara y’iburasirazuba turangwamo amagare menshi; hari abemeza ko biterwa nuko nta misozi myinshi iba muri utu turere. Ubusanzwe aya magare ntatwarwa nabagore gusa kuko ari na ho ubona abanyonzi benshi babasore borohereza benshi gukora ingendo zihenduntse.

Twizerimana Claudine ntatinya gutwara Igare anahetse Umwana

ABAYO MINANI John

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago