Nyuma yo gutangaza ko ikirunga cya Nyamuragira cyarutse, Minisiteri ishinzwe itumanaho muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo(DRC) yivuguruje nyuma yo gukora ubushakashatsi igasanga ari umwotsi w’abatwikaga amakara.
Minisiteri ishinzwe itumanaho muri RDC yavuguruje amakuru yari yatangaje yavugaga ko ikirunga cya Nyamuragira cyarutse ndetse ko cyarukiye mu gace kadatuwe n’abantu, ikemeza ko habayeho kwibeshya no kwitiranya ibintu.
Iyi Minisiteri yatangaje ko nyuma yo gushishoza, basanze ari ibikorwa byo gutwika amakara aho kuri Nyamuragira byatumye mu kirere cyaho huzura imyotsi myinshi, ari ho bahereye bavuga ko icyo kirunga cyarutse, gusa ngo nticyigeze kiruka.
Hakurikijwe imitingito imaze iminsi yibasiye RDC,nibyo byatumye bikanga iri ruka rya Nyamuragira ikaba yangije n’ibintu byinshi, kuko ubusanzwe mbere y’uko ikirunga kiruka habanza imitingito nk’uko impuguke zibivuga, gusa Nyiragongo yo yarutse nta mitingito yabanje kuba.
Itangazo ryari ryabanje kuri twitter ya Minisiteri y’itumanaho ya DRC, ryavugaga ko ikirunga cya Nyamuragira cyarukiye mu gace kadatuwe, gusa nyuma y’igihe gito hasohotse irivuguruza irya mbere nyuma yo gukora igenzura.
ABAYO MINANI John/Domanews
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…