INKURU ZIDASANZWE

DRC: Bibeshye ku myotsi y’abatwikaga amakara batangaza ko Nyamuragira yarutse

Nyuma yo gutangaza ko ikirunga cya Nyamuragira cyarutse, Minisiteri ishinzwe itumanaho muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo(DRC) yivuguruje nyuma yo gukora ubushakashatsi igasanga ari umwotsi w’abatwikaga amakara.

Advertisements

Minisiteri ishinzwe itumanaho muri RDC yavuguruje amakuru yari yatangaje yavugaga ko ikirunga cya Nyamuragira cyarutse ndetse ko cyarukiye mu gace kadatuwe n’abantu, ikemeza ko habayeho kwibeshya no kwitiranya ibintu.

Iyi Minisiteri yatangaje ko nyuma yo gushishoza, basanze ari ibikorwa byo gutwika amakara aho kuri Nyamuragira byatumye mu kirere cyaho huzura imyotsi myinshi, ari ho bahereye bavuga ko icyo kirunga cyarutse, gusa ngo nticyigeze kiruka.

Hakurikijwe imitingito imaze iminsi yibasiye RDC,nibyo byatumye bikanga iri ruka rya Nyamuragira ikaba yangije n’ibintu byinshi, kuko ubusanzwe mbere y’uko ikirunga kiruka habanza imitingito nk’uko impuguke zibivuga, gusa Nyiragongo yo yarutse nta mitingito yabanje kuba.

Itangazo ryari ryabanje kuri twitter ya Minisiteri y’itumanaho ya DRC, ryavugaga ko ikirunga cya Nyamuragira cyarukiye mu gace kadatuwe, gusa nyuma y’igihe gito hasohotse irivuguruza irya mbere nyuma yo gukora igenzura.

ABAYO MINANI John/Domanews

DomaNews.rw

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

2 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

4 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

7 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago