Nyuma yo gutangaza ko ikirunga cya Nyamuragira cyarutse, Minisiteri ishinzwe itumanaho muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo(DRC) yivuguruje nyuma yo gukora ubushakashatsi igasanga ari umwotsi w’abatwikaga amakara.
Minisiteri ishinzwe itumanaho muri RDC yavuguruje amakuru yari yatangaje yavugaga ko ikirunga cya Nyamuragira cyarutse ndetse ko cyarukiye mu gace kadatuwe n’abantu, ikemeza ko habayeho kwibeshya no kwitiranya ibintu.
Iyi Minisiteri yatangaje ko nyuma yo gushishoza, basanze ari ibikorwa byo gutwika amakara aho kuri Nyamuragira byatumye mu kirere cyaho huzura imyotsi myinshi, ari ho bahereye bavuga ko icyo kirunga cyarutse, gusa ngo nticyigeze kiruka.
Hakurikijwe imitingito imaze iminsi yibasiye RDC,nibyo byatumye bikanga iri ruka rya Nyamuragira ikaba yangije n’ibintu byinshi, kuko ubusanzwe mbere y’uko ikirunga kiruka habanza imitingito nk’uko impuguke zibivuga, gusa Nyiragongo yo yarutse nta mitingito yabanje kuba.
Itangazo ryari ryabanje kuri twitter ya Minisiteri y’itumanaho ya DRC, ryavugaga ko ikirunga cya Nyamuragira cyarukiye mu gace kadatuwe, gusa nyuma y’igihe gito hasohotse irivuguruza irya mbere nyuma yo gukora igenzura.
ABAYO MINANI John/Domanews
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…