Ikirunga cya Nyamuragira cyatangiye kurukira muri Pariki y’Ibirunga nkuko Minisiteri ishinzwe itumanaho muri Repubulika Iharanira Demekarasi ya Congo (RDC) yabitangaje uyu munsi.
Ikirunga cya Nyamuragira kirutse nyuma y’icyumweru kimwe gusa ikindi cya Nyiragongo nacyo kirutse kikaba kigikomeje kugira ingaruka ku banyekongo cyanarukaga cyerekeza mu mujyi wa Goma na Gisenyi, byanatumye abanyekongo benshi bahunga ndetse n’abanyarubavu.
Uyu munsi imitingito myinshi yibasiye abatuye umujyi wa Goma bituma, ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru busaba abatuye umujyi wa Goma guhunga uwo mujyi berekeza ahitwa i Sake bagana i Masisi na Bukavu, mu gihe abandi bahungiye mu Rwanda.
Iki kirunga cya Nyamuragira cyarutse kerekeza mu gace kadatuwe n’abantu kuburyo byitezwe ko kitazagira ingaruka nyinshi nkizatewe na Nyiragongo,gusa abantu bakomeje guhunga imitingito y’uruhurirane
Itangazo riri kuri twitter ya Minisiteri y’itumanaho ya DRC, ivuga ko ikirunga cya Nyamuragira cyarukiye mu gace kadatuwe.
ABAYO MINANI John/Domanews
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…
Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru, kuwa 05/05/2024 Abantu bataramenyekana baraye bateye za Grenade mu…
Umuhanzi wamamaye muri Tanzania Harmonize ari kwicinya icyara muri nyuma yo aciye agahigo kari gafitwe…
Kuri ubu abafana ba Rayon Sports bari baragiye mu gihirahiro kubera ikipe yabo yari iyobowe…
Abanyeshuri biga mu Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya TSS St Sylvain bari baje mu marushanwa ya…
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…