INKURU ZIDASANZWE

Rutsiro: Umugabo yakubise mugenzi we Ifuni ahita apfa

Umugabo utuye mu Mudugudu wa Kivugiza, Akagari ka Bunyunju mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro yishe mugenzi we amukubise ifuni mu mutwe.

Advertisements

Ibi byabaye ahagana saa Mbili z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 9 Nyakanga 2021.

Abaturage babibonye bavuze ko uwo mugabo w’imyaka 30 yakubise agafuni mu mutwe uwitwa Semajeri Théoneste w’imyaka 47, ahita apfa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivumu, Nkusi Pontien, yavuze ko uwabikoze asa naho afite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe.

Ati “Ntituramenya icyo yamuhoye kubera ko umuturage witwa Nshimiyimana Javan avuga ko yamubonye yiruka inyuma ya nyakwigendera afite ifuni akayimukubita mu mutwe, akagwa hasi ndetse agakomeza kuyimukubita kugeza apfuye.’’

Yakomeje avuga ko bageze aho yamwiciye bagasanga ukekwa ahagaze hejuru y’imodoka afite ifuni yakoresheje amwica. Kandi ko yaje kumanuka arafatwa nyuma yo kubona akikijwe n’abaturage benshi ndetse na Polisi.

Nkusi yavuze ko uwakoze icyaha acyemera ndetse akavuga ko yamwishe amuhoye ubusa.

Ati “Urebye uko ameze, asa n’aho afite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe cyangwa akaba akoresha ibiyobyabwenge. Kuri ubu ukurikiranweho icyaha yafashwe afungirwa kuri Sitasiyo ya RIB ya Kivumu.’’

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro bya Murunda gukorerwa isuzuma mbere y’uko ushyingurwa.

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago