Uwizeyimana Marc wamenyekanye cyane nka Rocky Kirabiranya mu Gasobanuye yapfukamye imbere y’Umukobwa amwambika impeta, benshi mu babonye aya mafoto batunguwe no kuba yaba yisubiyeho ku mvugo yadukanye ishishikariza urubyiruko kuba rwifashe kubyo gukora ubukwe.
Aya mafoto ya Rocky Kirabiranya yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga apfukamye imbere y’ikizungerezi acyambika impeta ayandi uyu mukobwa yambaye ikanzu y’abageni yavugishije benshi biganjemo abakurikirana bya hafi uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.
Ku ikubitiro yashyizwe hanze n’umwe mubakoresha imbuga nkoranyambaga cyane mu Rwanda uzwi nka The Cat Babalao aho yashimangiraga ko Rocky agumura abandi ngo bareke ubukwe nyamara we bikaba bivugwa ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye.
Yagize ati: “HARYA NGO MWANZE IGIKWEEEEEEE??? KWEKWEE, ABAKOBOYI MU GIKARI BARIMO BARABAGA NTA MPUHWE NAMWE MURAHO NGO MWANZE IGIKWE”
Amakuru yamaze kumenyekana ni uko uyu musore uzwi mu gusobanura filime aya mafoto yagiye hanze ari ay’imwe mu ndirimbo zigiye kujya hanze ya Papa Cyangwe afatanyije na Social Mula, Rocky akaba azayigaragaramo mu rwego rwo kuryoshya indirimbo.
Inshuro Nyinshi Kirabiranya yumvikanye kenshi ashishikariza abasore n’Urubyiruko muri rusange kudakora ubukwe ndetse ari naho hakomotse imvugo ngo nta GIKWE iharawe n’urubyiruko muri iyiminsi.
Muri iyiminsi binagezweho cyane mu Rwanda aho mbere yuko ushyira hanze igikorwa runaka cyane mu myidagaduro ukora ikintu abantu batatekerezaga kugira ngo uvugwe cyane noneho cya gikorwa cyawe cyizaze gisanga ukiri mu matwi yabantu.
Mu minsi ishize ubwo indirimbo ya Meddy ’My Vow’yasohokaga yifashe aka videwo k’amasegonda 54 yongera gukangurira urubyiruko ko indirimbo iri kubica bigacika mu Rwanda itagomba kubarangaza bakaba bakora Ubukwe. aho yakoresheje imvugo ngoNta Kudohoka.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…