Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2016 yasuye umuhanzi Diamond Platnumz baganira ku bufatanye mu irushanwa rya Miss East Africa ari gutegura.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Miss Mutesi Jolly yagize ati: “Kuri iki gicamunsi twashimishijwe, no gusura mu biro umuririmbyi mpuzamahanga akaba n’umuyobozi mukuru wa Wasafi Media Diamond Platnumz kugira ngo tuganire ku bufatanye Wasafi Media ishobora kugira n’irushanwa rya Miss East Africa 2021/2022. Mwakoze kutwakira kandi twizeye ubufatanye bukomeye”.
Mutesi Jolly uherutse kugirwa Visi Perezida w’irushanwa rya Miss East Africa, ari muri Tanzania kuva mu ntangiriro z’ukwezi kwa Kamena 2021.
Yagiye abonana n’abayobozi bakomeye batandukanye mu rwego rwo kumenyekanisha no gushakira amaboko iri rushanwa ryari ryarahagaze.
Iri rushanwa rizitabirwa n’ibihugu 6 byo muri Afurika y’Uburasirazuba rikazabera muri Tanzania guhera mu kwezi kwa Nzeri 2021.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…
View Comments