UBUZIMA

Amerika yahaye u Rwanda doze ibihumbi 300 z’inkingo za Covid-19

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahaye u Rwanda izindi dose 301.860 z’inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa Pfizer, aho umubare wa dose z’inkingo zose iki gihugu kimaze guha u Rwanda wageze kuri 1.960.550.

Advertisements

Izi doze zaje ziherekejwe n’inshinge 1.350.000 zizakoreshwa mu gutera abantu inkingo za Covid-19, ibintu byakozwe mu rwego rwo gukomeza gutanga umusanzu mu kurwanya iki cyorezo mu Rwanda.

Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Peter H Vrooman yavuze ko uku gutanga inkingo ari kimwe mu byerekana umubano mwiza w’ibihugu byombi, kandi ko bigikomeje.

Ati “Amerika imaze guha u Rwanda dose hafi miliyoni ebyiri z’inkingo za Covid-19 ndetse hari izindi miliyoni zizaza mu Ukuboza binyuze muri gahunda ya Covax.”

Kugeza ubu mu Rwanda hamaze gukingirwa hafi miliyoni esheshatu z’abaturage bahawe dose ya mbere n’abandi barenga miliyoni 3,4 bahawe dose ebyiri z’urukingo rwa Coronavirus, ndetse biteganyijwe ko umwaka wa 2021 uzarangira hamaze gukingirwa 30% by’abaturage bose bemerewe guhabwa inkingo.

Amerika ni kimwe mu bihugu bikomeje gutanga umusanzu mu gufasha u Rwanda kugera kuri iyi ntego, aho inkingo hafi miliyoni ebyiri zimaze gutangwa zakingira 13% by’abaturage, ndetse ubufasha bwose cyatanze muri gahunda yo kurwanya iki cyorezo mu Rwanda bufite agaciro ka miliyari 28 Frw.

Iki gihugu kandi kimaze gutanga impano ya doze z’inkingo zirenga miliyoni 240 mu bihugu birenga 100, aho miliyoni 65 muri zo zoherejwe mu bihugu bya Afurika biri munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Inkingo zose Amerika imaze guha u Rwanda ni hafi miliyoni ebyiri zakingira 13% by’abaturage bose bemerewe guhabwa inkingo

Amerika yahaye u Rwanda izindi doze z’inkingo 301.860 zo mu bwoko bwa Pfizer

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago