IMYIDAGADURO

Kicukiro: Umurenge wa Kagarama watangije Siporo yihariye ya buri kwezi

Umurenge wa Kagarama wo mu karere ka Kicukiro washyizeho Siporo yihariye izajya iba buri cyumweru cya kabiri cy’ukwezi.

Advertisements

Iyi Siporo y’umwihariko y’umurenge wa Kagarama yatangijwe n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro Umutesi Solange, mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 12 Ukuboza 2021, ni Siporo yitabiriwe n’abayobozi bo mu nzego zitandukanye batuye muri uyu murenge, ndetse n’abaturage bari bamaze iminsi bayiteguye.

Atangiza iyi Siporo mu murenge wa Kagarama, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro Umutesi Solange, yavuze ko byaba byiza n’indi mirenge ibigiyeho igatangiza iki gikorwa.

Yagize ati: “Iyi Siporo n’igikorwa cyiza gihuza abaturage, iyo bahuriye hamwe umwe amenya ko uwo badaherukanye agifite ubuzima akibasha gukora Siporo, iki n’igikorwa cy’ubuzima ariko kinarimo akazi. Ndashimira cyane ubuyobozi bw’umurenge wa Kagarama, kuko ni agashya bateguye twari tumenyereye Siporo rusange ku rwego rw’Umujyi (Car free day),iba kabiri mu kwezi tugahurira ahantu hanini ariko kuba no ku rwego rw’Umurenge abantu batangiye kwishyiriraho Siporo yihariye yubishimiye uyu murenge ariko bibaye byiza byazakomereza no mu yindi mirenge y’Akarere ka Kicukiro”.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro Umutesi Solange, yasabye ko n’indi mirenge yakwigira kuri Kagarama igatangiza iki gikorwa cya Siporo

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kagarama Uwamwiza  Marie Chantal yavuze ko iyi Siporo ari ingenzi kuko igiye kujya ihuza abaturage b’Umurenge.

Ati: “Iyi Siporo n’ingenzi kuko igiye guhuza abaturage b’umurenge wacu, twarayiteguye dukora ubukangurambaga niyompamvu abaturage bitabiriye ari benshi kuko bari barayiteguye kandi babyishimiye, twashatse ko batazajya bategereza Siporo y’Umujyi wa Kigali muri iki gihe duhanganye na COVID-19, ahubwo muri icyo gihe cyo gutegereza nabo bakabona ikibahuza”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kagarama Uwamwiza  Marie Chantal yijeje Abaturage ko iyi Siporo izahoraho

Shyaka Nyarwaya Michael Uhagarariye Inama njyanama y’Umurenge wa Kagarama avuga ko iyi Siporo igiye guhindura imikoranire y’abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze kuko izajya ibahuza bagasabana.

Yagize ati: “ Iyi Siporo twayiteguye ku girango abaturage ba Kagarama barusheho kugira ubuzima bwiza, ikindi dukomeze gahunda ya Leta yo gukora Siporo kugeza ku murenge, bimanuke mu kagari, bigere no mu midugudu, kuko abantu iyo bakoranye Siporo babassha kuganira bakamenyana bakabasha gukora Bizinesi, gukora Politiki nzima no kugira iterambere bageraho, iki ni ukugirango abaturage ba Kagarama babashe kumenyana kuko abantu baba bari mu kazi umunsi ku munsi (…) bizatuma abaturage bamenyana n’abayobozi byihutishe gahunda yo kwereza abaturage kugirango najya kwaka serivisi agende yiyumbamo umuyobozi”.

Shyaka Nyarwaya Michael Uhagarariye Inama njyanama y’Umurenge wa Kagarama yave ko iyi Siporo igiye guhindura imikoranire y’abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze kuko izajya ibahuza bagasabana

Iyi Siporo yihariye y’Umurenge wa Kagarama itangijwe ngo ige yunganira itegurwa n’Umujyi wa Kigali (Car free day) iba kabiri mu kwezi, mu gihe iyo umurenge izajya iba ku cyumweru cya kabiri cya buri kwezi.

Abayobozi batandukanye batuye mu murenge wa Kagarama bifatanyije na Umubobozi Nshigwabikorwa wakarere ka Kicukiro muri iyi Siporo
Bamwe mu baturage bari bishimiye Siporo yihariye bashyiriweho n’Umurenge wabo
Abaturage biganjemo n’Urubyiruko bitabiriye Siporo bateguriwe izajya iba buri kwezi

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago