Inama y’Abamanisitiri yize ku ngamba zo kurwanya icyorezo cya COVID-19 yemeje ko ibitaramo by’umuziki birimo; utubyiniro, na Karaoke biba bihagaritswe.
Iyi nama yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021 iyobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.
Mu mpinduka nke zakozwe mu mabwiriza yo kwirinda COVID-19, harimo ko ibitaramo by’umuziki, utubyiniro, live bands, Karaoke bibaye bihagaritswe.
Gusa harimo ingingo itarasobanurwa neza ivuga ko Konseri zateguwe zizajya ziba zabanje kwemeza n’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iterambere.
Mu bitaramo bikomeye byari biteganyijwe kuba muri iyi minsi harimo icya Chorale de Kigali cyari kuzaba tariki 18 Ukuboza 2021.
Iki gitaramo kitabaye bwaba ari ubwa Kabiri Chorale de Kigali ifungirwaho igitaramo habura iminsi mike ngo igitaramo kibe.
Ibitaramo byaherukaga gufungurwa mu ntangiriro z’Ukwezi k’Ukwakira 2021.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…