INKURU ZIDASANZWE

Gatsibo: Imiryango isaga 2500 yahawe ibiribwa na Leta nyuma yo guhura n’amapfa

Abaturage bahuye n’ikibazo cy’amapfa bo mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Rwimbogo batangiye kugezwaho ibiribwa na Leta kuko iki kibazo cyatumye bateza imyaka yabo.

Advertisements

Ni ibiribwa biri gutangwa na Leta y’u Rwanda aho byatangiye gutangwa kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ukuboza. Biri gutangwa ku miryango 2542 ibarizwa mu tugari twa Rwikiniro, Nyamatete na Munini duherereye mu Murenge wa Rwimbogo.

Mu butumwa bugufi Akarere ka Gatsibo kanyujije ku rubuga rwa Twitter kavuze ko aba baturage bari guhabwa birimo; umuceri, kawunga ndetse n’ibishyimbo.

Buti ” Ku bufatanye na Leta y’u Rwanda, Akarere ka Gatsibo, uyu munsi katangiye kugeza ku miryango yahuye n’amapfa bikabaviramo kuteza ibyo bahinze inkunga y’ibiribwa birimo:umuceri, ibigori n’ibishyimbo. Muri rusange imiryango igera kuri 2,542 niyo izagezwaho ubu butabazi.”

Biteganyijwe ko iki gikorwa cyo gutanga ibiryo gikomeza uyu munsi ku baturage baraye batabihawe
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe Iterambere ry’ubukungu Sekanyange Jean Leonard ubwo yahaga umuturage ibyo kurya Leta yamugeneye

Yanditswe na ABAYO Minani John

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago