INKURU ZIDASANZWE

Gatsibo: Imiryango isaga 2500 yahawe ibiribwa na Leta nyuma yo guhura n’amapfa

Abaturage bahuye n’ikibazo cy’amapfa bo mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Rwimbogo batangiye kugezwaho ibiribwa na Leta kuko iki kibazo cyatumye bateza imyaka yabo.

Ni ibiribwa biri gutangwa na Leta y’u Rwanda aho byatangiye gutangwa kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ukuboza. Biri gutangwa ku miryango 2542 ibarizwa mu tugari twa Rwikiniro, Nyamatete na Munini duherereye mu Murenge wa Rwimbogo.

Mu butumwa bugufi Akarere ka Gatsibo kanyujije ku rubuga rwa Twitter kavuze ko aba baturage bari guhabwa birimo; umuceri, kawunga ndetse n’ibishyimbo.

Buti ” Ku bufatanye na Leta y’u Rwanda, Akarere ka Gatsibo, uyu munsi katangiye kugeza ku miryango yahuye n’amapfa bikabaviramo kuteza ibyo bahinze inkunga y’ibiribwa birimo:umuceri, ibigori n’ibishyimbo. Muri rusange imiryango igera kuri 2,542 niyo izagezwaho ubu butabazi.”

Biteganyijwe ko iki gikorwa cyo gutanga ibiryo gikomeza uyu munsi ku baturage baraye batabihawe
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe Iterambere ry’ubukungu Sekanyange Jean Leonard ubwo yahaga umuturage ibyo kurya Leta yamugeneye

Yanditswe na ABAYO Minani John

DomaNews

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago