Abaturage bahuye n’ikibazo cy’amapfa bo mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Rwimbogo batangiye kugezwaho ibiribwa na Leta kuko iki kibazo cyatumye bateza imyaka yabo.
Ni ibiribwa biri gutangwa na Leta y’u Rwanda aho byatangiye gutangwa kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ukuboza. Biri gutangwa ku miryango 2542 ibarizwa mu tugari twa Rwikiniro, Nyamatete na Munini duherereye mu Murenge wa Rwimbogo.
Mu butumwa bugufi Akarere ka Gatsibo kanyujije ku rubuga rwa Twitter kavuze ko aba baturage bari guhabwa birimo; umuceri, kawunga ndetse n’ibishyimbo.
Buti ” Ku bufatanye na Leta y’u Rwanda, Akarere ka Gatsibo, uyu munsi katangiye kugeza ku miryango yahuye n’amapfa bikabaviramo kuteza ibyo bahinze inkunga y’ibiribwa birimo:umuceri, ibigori n’ibishyimbo. Muri rusange imiryango igera kuri 2,542 niyo izagezwaho ubu butabazi.”
Yanditswe na ABAYO Minani John
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…