Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 16 Ukuboza 2021 mu masaha ya saba z’amanywa , imodoka y’ivatiri yakoze impanuka idasanzwe iboneza mu nyubako ya CHIC mu gice cyo hasi ahari ibikorwa bya Kampani ya RODAS, imbere ya parikingi iteganye n’umuhanda werekeza ku kigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare NISR.
Iyo modoka yaje yinjira aho abantu binjirira, igonga ushinzwe umutekano (Umusekurite), irakomeza yinjira mu iduka ricuruza ibintu bitandukanye isangamo umuntu, ariko ku bw’amahirwe ntawahasize ubuzima usibye abakomeretse bikabije.
Ababonye iyo mpanuka iba barimo abapakurura ibicuruzwa baketse ko uwari utwaye iyo modoka ashobora kuba yanyweye ibiyobyabwenge, kuko urebye uburyo yaje ikinjira mu nyubako ya CHIC bigaragara ko atari ukubura feri.
Umwe mu bari muri iyo modoka yanze kugira icyo atangariza abanyamakuru, mu gihe umwe mu bakora mu iduka iyo modoka yangije we yavuze ko yari asohotse, agaruka bamuhamagaye ngo aze arebe ibibaye.
Yagize ati: “Nanjye kugeza ubu byanyobeye, umuntu yampuruje ngo imodoka yinjiye aho dukorera, mpageze nsa n’utazi aho ndi”.
Yanditswe na ABAYO MINANI John
Igikapu umuraperi Lil Uzi aherutse guserukana ku rubyiniro mu gitaramo cya Coachella mu cyumweru gishize…
Umukinnyi wa Basketball y'abagore Brittney Griner, ukina muri NBA yatangaje ko yatekereje kwiyahura mu byumweru…
Perezida Ndayishimiye Evariste ubwo yitabiraga umuhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w'umurimo mu Ntara ya Kayanza…
Mu ibarura ryamaze gushyirwa hanze rigaragaza ko abantu bamaze guhitanwa n'ibiza byibasiye igihugu cya Kenya…
Perezida Kagame yihanganishije mugenzi we wa Kenya, William Ruto n'Abanya-Kenya kubera imiryango yakuwe mu byabo…
Ikipe ya Police Fc yegukanye igikombe cy'Amahoro itsinze ikipe ya Bugesera Fc bigoranye ibitego 2-1…