Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze Habumuremyi Yves, Bizimana Pacific, Mugisha Aimable na Gatete Emmanuel bakurikiranweho ibyaha bitandukanye birimo ubujura bukoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho no gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Ibi RIB yabitangaje kuri uyu wa Kane Tariki ya 16 Ukuboza 2021, aho yavuze ko;
“Umwe muri aba,ashuka abakobwa baba bahuriye ku mbuga nkoranyambaga ko bakundana, bakabasaba ko bazahura kugirango basohokane banasangire. Muri uko guhura akenshi biba nijoro, ahita ahamagara bagenzi be akaba ari bwo biba uwo mukobwa ibyo aba afite byose nyuma yo kumusambanya.”.
Abafashwe bose ubu bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mugihe harimo gukorwa dosiye kugirango ishyikirizwe Ubushinjacyaha. RIB iraburira abantu muri rusange n’urubyiruko by’umwihariko kwirinda no kugira amakenga ku bantu bahurira ku mbuga nkoranyambaga..
babizeza amafaranga, n’ibindi kuko baba bagamije kubagirira nabi. RIB irongera kwibutsa abishora mu byaha nk’ibi kubivamo kuko itazihanganira uwo ariwe wese uzabifatirwamo.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…