Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze Habumuremyi Yves, Bizimana Pacific, Mugisha Aimable na Gatete Emmanuel bakurikiranweho ibyaha bitandukanye birimo ubujura bukoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho no gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Ibi RIB yabitangaje kuri uyu wa Kane Tariki ya 16 Ukuboza 2021, aho yavuze ko;
“Umwe muri aba,ashuka abakobwa baba bahuriye ku mbuga nkoranyambaga ko bakundana, bakabasaba ko bazahura kugirango basohokane banasangire. Muri uko guhura akenshi biba nijoro, ahita ahamagara bagenzi be akaba ari bwo biba uwo mukobwa ibyo aba afite byose nyuma yo kumusambanya.”.
Abafashwe bose ubu bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mugihe harimo gukorwa dosiye kugirango ishyikirizwe Ubushinjacyaha. RIB iraburira abantu muri rusange n’urubyiruko by’umwihariko kwirinda no kugira amakenga ku bantu bahurira ku mbuga nkoranyambaga..
babizeza amafaranga, n’ibindi kuko baba bagamije kubagirira nabi. RIB irongera kwibutsa abishora mu byaha nk’ibi kubivamo kuko itazihanganira uwo ariwe wese uzabifatirwamo.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…