IKORANABUHANGA

Urubuga rwa TikTok rwakoze impinduka Ku mashusho ayitambutswaho

Urubuga nkoranyambaga rukoreshwa mu gusakaza amashusho, TikTok, rwemeje ko guhera kuri uyu wa Mbere rwatangiye kwakira amashusho ashobora kugera ku burebure bw’iminota 10, igikorwa gishobora gutuma irushaho guhangana na YouTube.

Advertisements

TikTok ibarizwa mu kigo ByteDance cyo mu Bushinwa yatangiye mu 2016 yakira amashusho atarenga umunota umwe gusa, mu mwaka ushize icyo gihe kirazamurwa kigera ku mashusho y’iminota itatu.

Mu butumwa TikTok yahaye AFP yagize iti “Uyu munsi twishimiye gutanga ubushobozi bwo gushyiraho amashusho ashobora kugera ku minota 10. Turizera ko ibi bizatera umuhate abayikoresha hirya no hino ku isi ngo barusheho guhanga ibishya.”

TikTok ikubye inshuro zirenga eshatu ingano y’amashusho ashobora kuyishyirwaho mu gihe YouTube na Facebook na zo zikomeza kunoza uburyo butuma abantu bazikoresha ari benshi mu mashusho bashyiraho cyangwa barebaho.

Kugeza ubu YouTube iza imbere y’a TikTok ugereranyije igihe abantu bamara kuri izi mbuga nkoranyambaga.

Gusa abasesenguzi bavuga ko kongera uburebure bw’amashusho ashyirwa kuri TikTok bishobora kugira ingaruka zigaragara kuri YouTube mu kugabanya icyo cyuho.

Biteganywa ko kongera uburebure bw’amashusho ajya kuri TikTok bizanongera amafaranga abayishyiraho ibihangano byabo bishyurwa, bijyanye n’uburyo izarushaho gukoreshwa mu kwamamaza.

TikTok yakoze impinduka Ku mashusho ayitambutswaho

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago