IKORANABUHANGA

Urubuga rwa TikTok rwakoze impinduka Ku mashusho ayitambutswaho

Urubuga nkoranyambaga rukoreshwa mu gusakaza amashusho, TikTok, rwemeje ko guhera kuri uyu wa Mbere rwatangiye kwakira amashusho ashobora kugera ku burebure bw’iminota 10, igikorwa gishobora gutuma irushaho guhangana na YouTube.

Advertisements

TikTok ibarizwa mu kigo ByteDance cyo mu Bushinwa yatangiye mu 2016 yakira amashusho atarenga umunota umwe gusa, mu mwaka ushize icyo gihe kirazamurwa kigera ku mashusho y’iminota itatu.

Mu butumwa TikTok yahaye AFP yagize iti “Uyu munsi twishimiye gutanga ubushobozi bwo gushyiraho amashusho ashobora kugera ku minota 10. Turizera ko ibi bizatera umuhate abayikoresha hirya no hino ku isi ngo barusheho guhanga ibishya.”

TikTok ikubye inshuro zirenga eshatu ingano y’amashusho ashobora kuyishyirwaho mu gihe YouTube na Facebook na zo zikomeza kunoza uburyo butuma abantu bazikoresha ari benshi mu mashusho bashyiraho cyangwa barebaho.

Kugeza ubu YouTube iza imbere y’a TikTok ugereranyije igihe abantu bamara kuri izi mbuga nkoranyambaga.

Gusa abasesenguzi bavuga ko kongera uburebure bw’amashusho ashyirwa kuri TikTok bishobora kugira ingaruka zigaragara kuri YouTube mu kugabanya icyo cyuho.

Biteganywa ko kongera uburebure bw’amashusho ajya kuri TikTok bizanongera amafaranga abayishyiraho ibihangano byabo bishyurwa, bijyanye n’uburyo izarushaho gukoreshwa mu kwamamaza.

TikTok yakoze impinduka Ku mashusho ayitambutswaho

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

4 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago