Perezida Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri muri Zambia, yasuye icyanya cya Victoria Falls and Mukuni Big 5 Safaris cyo mu Mujyi w’Ubukerarugendo wa Livingstone, aho umuntu aba ashobora gutemberana n’Intare cyangwa se Igisamagwe n’izindi nyamaswa zo muri ubu bwoko.
Ari kumwe na Perezida wa Zambia Hakainde Hichilema na Madamu we Mutinta Hichilema, basuye uyu Mujyi w’Ubukerarugendo bifotozanya n’Inyamaswa y’Inkazi izwi nka Cheetah cyangwa Urutarangwe, imwe mu nyamaswa zitinywa n’abantu benshi ndetse hari n’abatumva ko umuntu ashobora kuyegera akayikoraho ntimusagarire, aha banasuye ibice bitandukanye by’uyu mujyi nk’ahagarahara amazi atemba ku rutare.
Ni mu ruzinduko rw’iminsi ibiri Perezida wa Repubulika y’U Rwanda Paul Kagame yagiriye muri iki gihigu, rugamije gutsura umubano n’ubufatanye mu iterambere ry’ibihugu byombi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…