Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid wayoboraga Kampani itegura Miss Rwanda,yitabye Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro ku ncuro ya mbere, urubanza rurasubikwa
Uyu musore ari gukurikiranwaho ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bivugwa ko yakoreye bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye.
Kuri uyu wa 11 Gicurasi 2022 nibwo Prince Kid yatangiye kwitaba Urukiko aburana ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.
Uyu musore ubwo yari ageze imbere y’Inteko iburanisha, yavuze ko afite umwunganira mu mategeko ariko ntiyari yakageze mu cyumba cy’iburanisha.
Me Nyembo ni umwe mu banyamategeko baburana imanza z’ihohoterwa rishingiye ku gitsina niwe watangiye kunganira mu mategeko Prince Kid ku byaha aregwa.
Gusa iburanisha ry’uyu munsi rikaba ryasubitswe kuko Me Nyembo yatanze inzitizi y’uko atabashije kubona ikirego cy’ubushinjacyaha.
Umucamanza yemeje ko urubanza ruzasubukurwa ku wa Gatanu tariki 13 Gicurasi 2022 saa tatu.
Mu cyumweru gishize nibwo RIB yashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y’uyu musore igaragaza ko akurikiranyweho ibyaha bitatu aribyo: gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina no guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…