AMATEKA

Kicukiro: Urugo rw’uwarokotse Jenoside rwatewe n’umugizi wa nabi atera umwana ibyuma

Umuntu kugeza ubu utaramenyekana yateye urugo rwa Ayabagabo utuye mu murenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro, akomeretsa umwana w’umukobwa amuteye ibyuma.

Amakuru y’ibanze DomaNews yahawe, ni uko byabaye muri iri joro ryakeye rya tariki 11/04/2023, ahagana saa mbili n’igice z’ijoro (20h30).

Byabereye mu mudugudu wa Itunda, akagali ka Rubirizi mu murenge wa Kanombe.

Uwo muntu utaramenyekanye yinjiye mu nzu ahura n’umukobwa w’imyaka 23 wo muri ruriya rugo, amutera icyuma mu ijosi no mu nda arakomeraka, ariko by’amahirwe ntiyapfa.

Abayobozi b’Umudugudu ngo baketse ko uwateye ruriya rugo ari umujura, ariko bavuga ko bitewe n’ibihe byo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’amasaha uriya muntu yateye ruriya rugo “tubihuza n’uko uyu muryango wacitse ku icumu, turakeka ko yashakaga kubahitana,” ni ko raporo y’ibanze twabonye ivuga.

Ubu buyobozi bwasabye ko hakorwa iperereza.

Uwakomeretse yiga mu mashuri yisumbuye, ubwo abaturage batabaraga basanze umugizi wa nabi wamuteye ibyuma yirutse.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Rubirizi, Bayingana Pierre Claver yabwiye Taarifa ko icyo kibazo yakimenye.

Avuga ko “umujura” yinjjiranye bene urugo agira ngo baze kumukingirana, ashiduka hari umwana umubonye, “ahita amutera ibyuma agira ngo asohoke yiruke.”

Yavuze ko umwana wakomeretse yahise ajyanywe kwa muganga.

Asaba abaturage kutirara ngo bumve ko niba bakinze ku gipangu, gukinga izindi nzugi ntacyo bimaze.

Ati “Uburangare no kwirara biha abajura urwaho rwo kwiba bitabagoye.”

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago